RDF mu kababaro k’umusirikare wayo waguye muri Centrafrique

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko cyababajwe n’umusirikare w’u Rwanda wapfiriye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, aho yari mu Mujyi wa Bangui mu gikorwa cy’ubutabazi.

Umusirikare wa RDF yaguye mu Butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique
Umusirikare wa RDF yaguye mu Butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

Yaguye mu gikorwa cy’ubutabazi ingabo z’u Rwanda zakoreraga mu Mujyi wa Bangui, batabara abaturage bari bagabweho ibitero n’umutwe witwaje intwaro, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Mata 2018.

Ubuyobozi bwa RDF bwatangaje ko uwo mutwe wateye mu gace kazwi na PK5 ariko ingabo z’u Rwanda zigashobora kuwukumira zikanakiza n’abaturage. Muri iyo mirwano ni naho uwo musirikare yaguye.

RDF yijeje ko uwo musirikare azashyingurwa mu cyubahiro akwiye, kandi akazashyingurwa mu Rwanda.

Muri iyo mirwano hakomeretsemo abandi basirikare umunani ariko bose bakaba bahawe ubutabazi bw’ibanze.

U Rwanda rufite abasirikare 960 bakora ibikorwa bitandukanye byo kurinda abaturage, abayobozi n’inzego zikomeye muri iki gihugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

nukuri imwakire mubayo

damien yanditse ku itariki ya: 14-04-2018  →  Musubize

Twihanganishije imiryango yuwo musirikare ikomeze yihangane?

jamvier yanditse ku itariki ya: 13-04-2018  →  Musubize

twihanganishije imiryango yuwo musirikare witabyimana imana imwakire mubayo kuko nintwari

alias yanditse ku itariki ya: 13-04-2018  →  Musubize

Imana imwakire. We ntiyabaye nka bya bigwari byo muri MINUAR byataye Abatutsi mu menyo y’interahamwe bakicwa rubi.

sehene yanditse ku itariki ya: 12-04-2018  →  Musubize

imana imwakire mubayo iyo Ntwari yatabarutse mubutumwa bwamahoro

alias yanditse ku itariki ya: 12-04-2018  →  Musubize

oh my God imana imwakire mubayo gusa watabarutse nkintware

alias yanditse ku itariki ya: 12-04-2018  →  Musubize

Oh sorry we really recorgnise the compassion to the peace keeping program may almighty give him everlasting peace

Samuel yanditse ku itariki ya: 11-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka