Papa Francis yasabye abizera gusengera abatuye i Goma
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yasabye abizera gusengera abatuye umujyi wa Goma wibasiwe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Ku mugoroba wo ku itariki ya 22 Gicurasi 2021 nibwo abatuye mu mijyi ya Goma na Gisenyi batunguwe n’imyotsi yakwiriye ikirere iherekeje igikoma gisohoka mu kirunga cya Nyiragongo binyuze mu rubavu ahazwi nka Kanyanja na Kirimanyoka.
Byateje imiryango ibihumbi kurara bahunga, abatuye umujyi wa Goma mu masaha ya saa sita z’ijoro bambuka umupaka bahungira mu Rwanda.
Icyo kibazo cy’umutekano cyatumye imiryango isiga byose ikiza ubuzima bwabo, mu masaha y’ijoro abana batoya bagenze ibirometero n’amaguru, ababyeyi batwite kugenda birabananira, abarwayi bicara ku nzira, ubuyobozi mu Rwanda bushyiraho imodoka zo kubatwara, abarembye bajyanwa kwa muganga.
Papa Francis na we yagaragaje ko ahangayikishijwe n’ubuzima bw’abatuye muri aka gace, maze abinyujije ku rukuta rwa Twitter asaba abizera gusengera abatuye i Goma.
Yagize ati "Mureke dusengere abatuye mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahunze kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo."
Ikirunga cya Nyiragongo cyagize amateka mabi akomeye mu myaka ishize. Aheruka ni iruka rya 2002 ryahitanye abantu 250, naho ababarirwa mu bihumbi 120 bava mu byabo.
Kuri iyi nshuro, abantu batanu ni bo bamaze kumenyekana ko batakaje ubuzima, naho amazu menshi yarenzweho n’igikoma cy’ibirunga ahitwa Buhene muri Territoire ya Nyiragongo.
Nubwo abari bahungiye mu Rwanda basubiye mu gihugu cyabo, Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru yasabye abaturage kuba maso, ibi akabiterwa n’uburyo imitingito ikomeje kwiyongera mu gace gaherereyemo ikirunga cya Nyiragongo no mu nkengero zaho.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nibyo koko dukwiriye gusengera abaturage ba Goma.Ariko nkuko ijambo ry’imana rivuga,ntabwo imana yumva amasengesho yose.
Ikindi kandi amasengesho ya papa nayo ashidikanywaho.Urugero,muli 1990,Paapa Yohana Paul II yaje mu Rwanda aradusengera.Ndetse asoma ubutaka,byitwa ko aduhaye umugisha.Nyamara akimara gutaha,intambara yaratangiye le 01/10/1990.