Minisitiri w’Uburezi muri RDC yarokotse impanuka

Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo ushinzwe uburezi muri Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yarokotse impanuka y’imodoka mu mujyi wa Goma.

Ni impanuka yabaye akigera mu Mujyi wa Goma avuye ku kibuga cy’indege cya Goma, imodoka yarimo igongwa n’ikamyo yabuze feri.

Imodoka yari arimo ni uku yabaye
Imodoka yari arimo ni uku yabaye

Abashinzwe itumanaho muri Minisiteri y’Uburezi muri RDC batangaje ko Minisitiri Muhindo yakuwe mu modoka akomeza kwerekeza mu butumwa bwamuzanye mu Burasirazuba bwa Congo burimo kureba imibereho y’abakuwe mu byabo n’intambara ya M23 n’ingabo za Congo (FARDC).

Minisitiri Muhindo yari mu itsinda ryari riyobowe na Minisitiri w’ingabo Gilbert Kabanda, bakaba bari kumwe na Minisitiri w’ubuhinzi, Minisitiri w’inganda Julien Paluku wahoze ari Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru muri 2012 hamwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi.

Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo (ubanza hino) yakomeje ajya muri gahunda zari zimuzanye i Goma
Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo (ubanza hino) yakomeje ajya muri gahunda zari zimuzanye i Goma

Impunzi zibarirwa mu bihumbi 50 ziri muri Teritwari ya Nyiragongo, mu gihe abandi barenga ibihumbi 130 berekeje ahitwa Kanyabayonga, aba bose bakaba babayeho mu buryo bugoye kuko abana batatu bahungiye i Kanyabayonga bamaze gupfa bishwe n’inzara naho muri Nyiragongo umuntu umwe amaze gupfa.

Intambara ya M23 n’ingabo za Congo imaze iminsi itanze agahenge, aho imirwano yahagaze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka