California ikomeje kwibasirwa n’inkongi z’umuriro

Hashize ukwezi inkongi z’umuriro zibasira igice cy’uburengerazuba bwa Amerika. Ahadutse izo nkongi, abantu bashinzwe kuzimya umuriro bagaragaza umunaniro ukabije n’umuhangayiko baterwa no kuba ari bake bakanakomwa mu nkokora n’ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

Abakozi bashinzwe kuzimya umuriro 19.000 barwanye no kuzimya umuriro ahantu hatandukanye ku munsi umwe habarirwa muri 27 ku itariki ya 21 Nzeri 2020 muri Leta ya California.

Umuyobozi w’itsinda ry’abakora akazi ko kuzimya umuriro, ubifitemo uburambe bw’imyaka 20, Darrell Roberts, avuga ko batigeze bahura n’inkongi nk’izo barimo kubona ubu, akavuga ko zirimo guterwa n’ubushyuhe bw’ikirere bukabije.

Darrel avuga ko Izi nkongi zimaze gufata ubuso bungana na kilometero kare ibihumbi makumyabiri (20.000 km2) zikaba zimaze guhitana abantu basaga 30.

Ikindi kandi ngo umubare w’abiyahura mu bakora aka kazi urimo kwiyongera, kubera kuba kure y’imiryango yabo igihe kirekire, bikabagiraho ingaruka zo guhura n’indwara y’agahinda gakabije no kwiheba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

IBIZA bikomeye cyane birimo kuzahaza isi kurusha kera,kubera ko abantu bangije ikirere,bibyara Climate Change.Bimwe muli ibyo biza ni ibi:Imiriro ikomeye cyane kurusha kera,Ubushyuhe bukabije kurusha kera,Imiyaga ikomeye cyane,Tsunamis,Imyuzure ihitana abantu n’ibintu kurusha kera,etc…Utibagiwe iyi Covid-19 yakwiriye isi yose.Aho bitandukaniye n’ibya kera,nuko iby’ubu bifite ingufu zikabije cyane, kandi bisenya ibintu byinshi kurusha kera.Bihuje n’ibyo bible ivuga ko “mu minsi y’imperuka hazabaho ibihe biruhije”.Ubwo Yesu azaba ategeka Isi Nshya dusoma muli henshi muli bible,azakuraho IBIZA byose.Yerekanye ko abishoboye igihe yahagarikaga UMUYAGA mwinshi bali mu Nyanja ya Galileya (Sea of Galilee).

rwabuneza yanditse ku itariki ya: 23-09-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka