Afghanistan: Abatalibani binjiye i Kabul, Perezida ahunga Igihugu

Perezida wa Afghanistan, Ashraf Ghani, yahunze igihugu mu gihe abarwanyi b’Abatalibani bakomeje gusatira no kwigarurira ibice byinshi by’igihugu birimo n’umurwa mukuru, Kabul.

Perezida Ashraf Ghani biravugwa ko yahungiye mu gihugu cya Tajikistan
Perezida Ashraf Ghani biravugwa ko yahungiye mu gihugu cya Tajikistan

Perezida Ghani yiyongereye ku baturage benshi ba Afghanistan n’abanyamahanga bakomeje guhunga igihugu kubera igitutu cy’Abatalibani basa n’abamaze kwigarurira igihugu. Gufata igihugu kw’Abatalibani benshi barabifata nk’ibigiye gushyira iherezo ku ntambara bamaze imyaka 20 barwana bagamije gufata igihugu no gukora impinduka mu mitegekere yacyo.

Abatalibani barushijeho gufata ibice bitandukanye by’Igihugu nyuma y’uko Leta zunze Ubumwe za Amerika zikuye ingabo zazo muri icyo gihugu, kuri ubu zikaba zohereje n’indege zo kuvana abakozi ba Ambasade ya Amerika muri Afghanistan.

Amerika ifatwa nk'aho ari yo yahaye ubutegetsi Abatalibani
Amerika ifatwa nk’aho ari yo yahaye ubutegetsi Abatalibani
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka