Abanyarwanda 32 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda

Saa moya na 15 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Kanama 2021, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda 32 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda.

Muri aba harimo abagore batanu, abagabo 24 n’abana batatu. Bafatiwe mu turere twegereye umupaka wa Uganda n’u Rwanda.

Hari abari bamaze amezi abiri bafunze bakekwaho ibyaha bitandukanye, gusa harimo uwafunzwe amezi atatu n’iminsi 10.

Bose bari bafungiye muri gereza ya Cyamugoranyi muri Mbarara, bamwe bakaba barakuwe muri Mbarara, Makenke, na Ibanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka