Umusore witwa Rwagasore Godfrey w’imyaka 24 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera arimo kwakira amafaranga y’abaturage ababwira ko azabazanira amapoto y’amashanyarazi.
Umugore witwa Mukandutiye Beatrice utuye mu murenge wa Musenyi mu kagari ka Gicaca mu mudugudu wa Cyanika mu karere ka Bugesera inzu ye yahiye irakongoka bitewe nuko yatekeraga munzu ku mashyiga atagezweho.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendant Francis Gahima aratangaza ko bamwe mu bajura bibye ibikoresho muri Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke bamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibikoresho hafi ya byose bikaba byaramaze gufatwa.
Bagaragaza Jean Damascene wari utuye mu mudugudu wa Bugaraga, akagari ka Buriba, umurenge wa Rukira ,Akarere ka Ngoma, umurambo we watoraguwe mu kiyaga cya Rwabizigira tariki 17/01/2014 yatawemo nyuma yo kwicwa.
Abamotari bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bagiye kurushaho kurwanya amakosa aranga bamwe na bamwe mu muhanda kandi bakarushaho kubungabunga umutekano kugira ngo akazi kabo gakorwe neza, bityo na bo biteze imbere.
Dusabimana Emmanuel utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, afite ikibazo cy’umugore bashakanye byemewe n’amategeko, ariko uwo mugore akaba amaze amezi atandatu yarasize umugabo we mu rugo akajya kwibera mu wundi murenge.
Bamwe mu bakekwaho ubujura butandukanye mu karere ka Musanze batawe muri yombi, bakaba barafatanywe ibikoresho byo mu rugo ndetse n’ibiribwa bibye ahantu hatandukanye, bitwikiriye ijoro.
Imvura yari nke ariko yiganjemo inkuba n’imirabyo yaguye ku gicamunsi cyo kuwa 18/1/2014 yahitanye umugabo witwa Ngayaberura Jean Claude w’imyaka 32 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rugunga mu mudugudu wa Nyarukombe mu karere ka Bugesera.
Abantu bataramenyekana bishe Ujemumucyo Philippe wari utuye mu murenge wa Karenge, naho umugore we Uwimana Vestine baramukomeretsa bikomeye, mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 17/1/2014.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango kuri uyu wa Gatanu tariki 17/1/2014, wataye muri yombi uwitwa Bayavuge Pascal w’imyaka 20 y’amavuko ari kumwe n’umwana w’umukobwa amusambanyiriza mu macumbi “lodge.”
Bandebukondi Pascal w’imyaka 46 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nzuki mu Kagali ka Nkomero mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakubiswe umuhini mu mutwe n’umugore we ajyanwa kwa muganga atabasha kuvuga kubera uburyo yari amerewemo nabi cyane.
Abasore batatu : Niyonshuti Oscar, Uzakunda Laurent na Kabera Appolinaire bacumbitse mu mudugudu wa Kamatovu mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bafashwe ku gicamunsi cya tariki 17/01/2014 batetse inyama z’ihene biyemerera ko bari bibye.
Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyatoraguwe mu murima w’umuturage ubwo yahingaga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Batima mu mudugudu wa Kamudusi mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umugabo witwa Rwatangabo Reverien watoraguwe mu ruzi rw’akagera tariki 17/01/2014 mu gice giherereye mu murenge wa Gashora mu kagari ka Biryogo mu karere ka Bugesera.
Gatanazi Cyprien w’imyaka 20, ukomoka mu murenge wa Zaza akagali ka Nyagasozi, kuri uyu wa 16/01/2014, yafatanwe urumogi ibiti 39 by’urumogi aho yari yateye mu murima w’ibigori uri mu gikari iwe.
Umwarimu kuri Centre Scolaire ya Gasasa mu karere ka Nyabihu n’undi w’imyaka 34 wari ucumbitse ahitwa Mahoko muri Kanama ho mu karere ka Rubavu bafunzwe bacyekwaho kwiba inka ebyiri mu ijoro rishyira ku wa 16/01/2014.
Ikibazo cy’abantu bicwa n’ikivu gikomeje gutera inkeke abaturiye iki kiyaga hamwe n’abaza kucyogamo, mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko ntacyo bwabikoraho uretse kuburira abantu kwirinda kujya mu kivu batazi koga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu burashimira uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano no kugaragaza abashobora guhungabanya umutekano nyuma yo kugaragaza ko hari abantu bari bamaze iminsi bacyekaho gukora ibikorwa bibi.
Umunyeshuri witwa Tuyishime Jean Pierre yitabye Imana bitunguranye nyuma yo kugezwa ku ishuri n’abari bamuherekeje ndetse amaze no kwerekwa ishuri agomba kwigamo.
Mu gihe Minisiteri y’ubuzima idahwema kwiyama abakora ubuvuzi gakondo badafite ibyangombwa no kwirinda kuvura indwara badashoboye, mu murenge wa Gacurabwenge, uwitwa Nyiransabimana Eugenie yapfiriye ku muvuzi gakondo naho umwana we bahamukura ari intere.
Umugabo witwa Shirimpaka Jean Marie Vianney wo mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Kaboshya ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inka eshatu z’inyibano.
Abatuye umurenge wa Kibungo barasabwa kwitondera kugura ibintu abantu baba batembereza bagurisha amafaranga make kuko biba birimo ibijurano byaguteza ibibazo igihe waba ubiguze ukabifatanwa.
Nshakabyanga Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 32 14/01/2014 yishyize mu mugozi ashiramo umwuka. Uwo mugabo yari atuye mu kagari ka Juru ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza. Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma (Autopsy).
Umusore witwa Mungarakarama Simeon utuye mu kagali ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma, yasize buji mu cyumba agiye kugura ikarita ya telephone agarutse asanga inzu yose iri gushya.
Abahinzi ku giti cya bo n’amakoperative akora ubuhinzi mu bice birimo inzuri mu karere ka Kayonza ngo barinubira uburyo bakubitwa n’abashumba bakurikirana inka mu nzuri igihe baboneshereje.
Ntakirutimana Sylvain wo mu kagari ka Rubumba mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 13/01/2014 yateye icyuma uwitwa Semana Jean bapfa telefoni Semana yavugaga ko mugenzi we yamwibye.
Umufungwa witwa Barayavuga Innocent wari ufungiye muri gereza nkuru yo mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi yatorotse aburirwa irengero ubwo bari bagiye mukazi hanze ya gereza tariki 13/01/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bukomeje igikorwa cyo gukura abana b’inzererezi mu muhanda bagashyirwa mu kigo ngorora muco bazakurwamo bashyirwa mu miryango yabo, abasabistwe n’ibiyobyabwenge bakoherezwa i Wawa.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ishami rya Kabarore, nyuma yo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Ubuyobozi bw’akagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bwafashe icyemezo cyo kubuza abashumba kugendana inkoni kuko ngo zikoreshwa mu bikorwa by’urugomo.