"Ubumuntu Festival"ngo izahindura abantu bubake isi aho kuyisenya

Amatsinda y’amakinamico aturuka henshi ku isi, yongeye kuzana mu Rwanda, iserukiramuco ryiswe ’ubumuntu’, aho bavuga ko imitima ya benshi ihafatirwa.

Itsinda ry'abateguye Iserukiramuco 'Ubumuntu', baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku isi.
Itsinda ry’abateguye Iserukiramuco ’Ubumuntu’, baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku isi.

Mu kiganiro gitegura iryo serukiramuco rizabera ku Rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi guhera tariki 14-17 Nyakanga 2016, abazerekana ibihangano byabo baravuga ko bazahindura imitima n’imitekerereze y’abantu kugira ngo bajye kubaka isi, aho kuyisenya.

Umunya-Irak witwa Mokhallad Rasem, ayoboye ikigo cy’amakinamico cyitwa Toneelhuis, bakaba bazerekana ikinamico yitwa "Body Revolution", ugenekereje bivuze ngo ’Impinduramatwara y’umubiri’, ndetse n’undi mukino witwa ’Umudendezo’ azakorana n’itsinda Mashirika ryo mu Rwanda.

Mokhallad avuga ko umukino wa "Body Revolution" yawukoranye n’itsinda ry’abantu babiri baturuka ku migabane ya Aziya n’Afurika, baza gusanga umubiri w’umuntu ubyara imikorere n’imigenzereze mibi mu gihe ufashwe nabi cyangwa wabonye ibibi.

Ati "Uyu mukino urakomora igitekerezo ku bihe by’imvururu byibasiye ibihugu by’abarabu muri iyi myaka ishize, aho umusore yitwitse agakongoka mu gihugu cya Tunisia, abitewe no kutishimira ibyaberaga mu gihugu cye".

Barimo gutegura ikirugu bazerekaniramo iserukiramuco 'Ubumuntu'.
Barimo gutegura ikirugu bazerekaniramo iserukiramuco ’Ubumuntu’.

Yavuze ko umukino ’Umudendezo’ wo uza usobanura ko mu gihe umuntu yaguwe neza, na we atekereza neza kandi ibyo akora bikaba ari ibyubaka amahoro.

Hope Azeda wo mu itorero nyarwanda rya Mashirika, yatangaje ko umusaruro w’iserukiramuco ategura rya ’Ubumuntu’, watangiye kwigaragaza mu kuba umuntu areba imikino akahava yafashwe ku mutima, akabana n’ibyo yabonye bigatuma yisubiraho mu gihe yari asanzwe afite umutima mubi.

Ati "Hano dutuma umuntu yibaza impamvu ahora ashaka ibibi gusa kandi ibyiza ari byo byamuzanira amahoro we n’abandi".

Iserukiramuco ’Ubumuntu’ ry’uyu mwaka mu Rwanda, rihuriranye n’inama y’abakuru b’ibihugu by’Afurika, rikaba ngo ryaratumiye amatsinda yazanye na bo kuza kumva ubutumwa bwubaka ubumuntu, kugira ngo babujyane iwabo.

Iri serukiramuco rizitabirwa n’amatsinda y’ikinamico yo mu Rwanda, Leta zunze ubumwe za Amerika, u Bubiligi, Afurika y’Epfo, Ubwongereza, Ubuholandi, u Burundi, Sri Lanka, Uganda, Ubusuwisi, Kongo Kinshasa, Gabon, Ireland y’Amajyaruguru, Iraq, Sudan, Ubudage, Kenya, Kosovo na Cambodia.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka