Hakenewe ubufatanye mu iterambere rishingiye ku muco-MINISPOC

Minisiteri y’Umuco na Siporo yasabye inzobere n’inararibonye mu muco Nyarwanda, ubufatanye mu kwimakaza umuco uzatuma U Rwanda rugera ku iterambere rishingiye ku muco kuko ngo ari ryo riramba.

Minisitiri w'Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, asaba inzobere mu Muco Nyarwanda gukomeza kuba hafi minisiteri ayobora mu gusigasisra no guteza imbere umuco.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, asaba inzobere mu Muco Nyarwanda gukomeza kuba hafi minisiteri ayobora mu gusigasisra no guteza imbere umuco.

Minisitiri uwacu Julienne yabisabiye mu nama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa Minisiteri y’Umuco na Siporo, ibigo biyishamikiyeho ndetse n’ inzobere mu muco Nyarwanda zitandukanye, yabaye kuri uyu wa 2 Kanama 2016.

Ni inama yari igamije kurebera hamwe uburyo u Rwanda rwagera ku iterambere rishingiye ku Muco Nyarwanda kuko, bwo ryaramba.

Yagize ati” Ibitekerezo byanyu nk’inzobere ndetse n’inararibonye mu muco, ni byo bizafasha u Rwanda kugera ku iterambere rishingiye ku muco, kuko iridashingiye ku muco ntiriramba”.

Yabasabye kandi ko inama nyubahirizategeko ku muco Nyarwanda, zazajya zinitabirwa n’urubyiruko akenshi rukunze gufatwa nk’abica umuco.

Yanasaba izo nzobere ko ibitekerezo byimakaza umuco bitazajya bitangwa gusa mu nama nyunguranabitekereza, ahubwo bazajya bahora babitanga kugira ngo umuco ukomeze kwimakazwa impande zose.

Lt Col Nyirmanzi n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Intwari, Nkusi Deo, na bo bari muri iyi nama.
Lt Col Nyirmanzi n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Intwari, Nkusi Deo, na bo bari muri iyi nama.

Minisitiri Uwacu yasabye kandi abanyamadini kugira uruhare mu kwimakaza umuco ndetse n’ururimi rw’Ikinyarwanda mu madini yabo, kuko akenshi bikunzwe kugaragara ko mu banyamadini harimo abantu benshi bica ururimi ku bushake.

Yanakebuye bamwe mu banyamakuru bica ururimi bakanaruvangavanga, abibutsa ko abanyamakuru, nk’abantu abantu bafata nk’abarimu ba benshi, bakwiye kwikosora kugira ngo badakomeza kuyobya Abanyarwanda.

Imwe mu myanzuro igamije kwimakaza umuco, yatanzwe n’izi nararibonye, yagarukaga cyane mu kugaragaza ko Abanyarwanda bagomba kumenya ko bafite urugamba rwo kwimakaza umuco, bagafatira hamwe imigambi ikarishye yo kurutsinda.

Brig Gen Bayingana Emmanuel, Umuyobozi Wungirije w’Itorero ry’Igihugu, yagize ati ”Tugomba kumenya ko dufite urugamba rwo gusigadira umuco, tukamenya uwo turwana na we, tukamenya imbaraga ndetse n’intwaro afite, tukanamenya uko natwe dutegura izacu kugira ngo urwo rugamba tuzarutsinde.’’

Impuguke zavugaga ko iterambere ridashingiye ku muco ritaramba.
Impuguke zavugaga ko iterambere ridashingiye ku muco ritaramba.

Yasabye ko mu bigo bitandukanye na za minisiteri bashyiraho gahunda y’ibyivugo , buri minisiteri ikagira icyivugo kijyanye n’imirimo ishinzwe, bikazafasha mu gukomeza gushingira ku muco mu mvugo no mu ngiro, aho kwigana iby’abandi.

Inzobere zari zitabiriye iyi nama mu myanzuro zavuze ko hakwiye kwimakaza umuco w’ubupfura mu Banyarwanda kuko ubupfura bubumbatiye indangagaciro zose zo gukunda igihugu no kugikorera.

Iyi nama yabaye ku munsi wa kabiri w’Iserukiramuco rya FESPAD riri kubera mu Rwanda, ku nshuro ya cyenda, rikazasorezwa mu Karere ka Nyanza ku wa kane tariki ya 4 Kanama 2016, bucya hizihirizwe Umunsi Mukuru w’Umuganura.

Ifoto y'urwibutso.
Ifoto y’urwibutso.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka