Impamvu yatumye umupfumu Rutangarwamaboko atagaragara mu isaba rye

Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko yasobanuye ko kutagaragara mu muhango wo kumusabira umugeni byatewe no kubahiriza umuco w’u Rwanda nyawo.

Rutangarwamaboko yariho asoma yumva anishimira uko imisango yagenze.
Rutangarwamaboko yariho asoma yumva anishimira uko imisango yagenze.

Rutangarwamaboko yamenyekanye mu Rwanda kubera kwiyita “Umupfumu”, ariko akaba akora ibikorwa by’ubuvuzi gakondo bishingiye ku muco mu kigo yashinze kitwa "Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye Ku Muco (RCHC)".

Yavuze ko kuva na kera imihango yo gusaba no gukwa byakorwaga n’imiryango kubera ubucuti yabaga ifitanye, ari naho havagamo kwemererana abageni. Kuri we asanga ntaho yari ahuriye n’uwo muhango ahubwo ko umuryango we uhagarariwe n’umukuru w’umuryango ari we wari ufite izo nshingano.

Mu kagoroba ku muharuro wo kwa Munyabarame se wa Rutangarwamaboko habaye igitaramo cyo kwishimira ko bahawe umugeni.
Mu kagoroba ku muharuro wo kwa Munyabarame se wa Rutangarwamaboko habaye igitaramo cyo kwishimira ko bahawe umugeni.

Yagize ati “Ubundi gusaba no gukwa, gushyingiranwa by’i Rwanda n’indi migenzo bijyana, bikorwa n’imiryango ntibikorwa n’umuhungu n’umukobwa …..nonese harya ubwo ari njye, ari uwo mwali Umugiramana twajyagayo kumara iki?”

Binyuze mu miryango, Rutangarwamaboko yasabye umukobwa bazarwubakana ari we Umwali Umuziranenge Sana Cynthia. Yavuze ko kutaboneka muri ibyo birori ntacyo byangije ku migendekere yayo, ahubwo ko byagaragaje ko nta mugabo umwe wigira.

Rusanganwa (utambaye amadarubindi) niwe wasabwaga umugeni mu muryango wo kwa Sagahutu.
Rusanganwa (utambaye amadarubindi) niwe wasabwaga umugeni mu muryango wo kwa Sagahutu.

Ati “Binagaragaza kandi bikongera kwibutsa abantu ko nta mugabo umwe, ko ntawigira, ko kubaho ari ukubana ngo bigahamywa n’uko nyine umubyeyi atigendera ahubwo atuma abandi bo mu muryango cyangwa n’inshuti zawo maze bagasabira umwana wabo kandi bikagenda neza bigaragaza ko runaka adahari ibye bidapfa ngo bipfapfane, urugo rwe rwandagare, abana be babe impfubyi kandi afite umuryango, kandi yarabanye.”

Muri iyo mihango hari byinshi byagaragayemo birimo gukwa inka mu gihe muri iki gihe basigaye bakwa amafaranga no gusangirira ku ntango y’amarwa mu gihe kuri iki gihe bisa n’ibyacitse.

Andi mafoto

aha umusaza Nyagahene aratanga inzoga yo gusaba umugeni.
aha umusaza Nyagahene aratanga inzoga yo gusaba umugeni.
Binjiye mu marembo kwa Munyabarame bahimbawe babyina.
Binjiye mu marembo kwa Munyabarame bahimbawe babyina.
Porofeseri Nyagahene Antoni niwe wari umusaza mukuru mu basabiye Rutangarwamaboko.
Porofeseri Nyagahene Antoni niwe wari umusaza mukuru mu basabiye Rutangarwamaboko.
Umusaza Nkikabahizi wiyegamije inkoni mu gituza ni Sekuru wa Muganga Rutangarwamaboko.
Umusaza Nkikabahizi wiyegamije inkoni mu gituza ni Sekuru wa Muganga Rutangarwamaboko.
Umunyamakuru Shami Aloys Rukizangabo uzwi mu gitaramo nawe yari yabukereye.
Umunyamakuru Shami Aloys Rukizangabo uzwi mu gitaramo nawe yari yabukereye.
Abo mu muryango wa Rutangarwamaboko bakigera aho basabaga.
Abo mu muryango wa Rutangarwamaboko bakigera aho basabaga.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ni byiza ngewe ndabishyigikiye kugendera muri mythology y Abanyarwanda aho kugendera muy Abaisrael but mfite ikibazo ubundi Imana yabanyarwanda iba he, mbese abazimu babakurambere ntago umuntu yavugana nabo adatanze igitambo ,mbese niba izo mbaraga bahabwa nabakurambere atari mbi kuki abantu bazikoresha bagirira abandi nabi eg:kubaroga

umugaba yanditse ku itariki ya: 10-02-2024  →  Musubize

Rutangarwamaboko ndamukunda cyane kubwumuco wacu

Rutikanga yanditse ku itariki ya: 27-06-2022  →  Musubize

agafundikiye gatera masiko

Abdullah Mohamed yanditse ku itariki ya: 29-08-2017  →  Musubize

Mutubwire uwo mukobwa bagiye kumusabira we akora iki?Ubwose ntapfunwe yaterwa no kubana numuntu wiyita umupfumu?Gusa tubifurije kuzaggira urugo ruhire Imana izabashyigikire niba RUTANGARWAMABOKO yemera Imana yo mu ijuru

K.G yanditse ku itariki ya: 26-07-2017  →  Musubize

Nuko binatuma byihuta hatajemo ngo twereka umukobwa, twereke umuhungu n’ibindi.......

che yanditse ku itariki ya: 25-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka