Ku nshuro ya gatatu, Cecile Kayirebwa azataramira Abanyarwanda mu nganzo ye

Umuhanzi Cecile Kayirebwa agiye kongera gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo “Inganzo ya Kayirebwa” kizabera i Kigali muri Hotel Des Milles Collines, tariki 27 Werurwe 2016.

Eric Karengera Kirenga, umwe mu bagize Umuryango udaharanira inyungu "CEKA I RWANDA" wateguye iki gitaramo (Inganzo ya Kayirebwa), yabwiye Kigali Today ko kizatangira guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku Cyumweru, kizanamurikirwamo umuzingo (album) wa karindwi w’uyu muhanzi, yise “Urukumbuzi”.

Umuhanzi Cecile Kayirebwa ubwo yataramiraga mu Nkera Nyarwanda kuri KT Radio mu mwaka ushize wa 2015.
Umuhanzi Cecile Kayirebwa ubwo yataramiraga mu Nkera Nyarwanda kuri KT Radio mu mwaka ushize wa 2015.

Cecile Kayirebwa benshi bemera nk’Umunyarwandakazi waharaniye kwimakaza umuco nyarwanda abinyujije mu buhanzi, yizihije isabukuru y’imyaka 30 amaze mu buhanzi mu mwaka wa 2014.

Icyo gihe, hari mu gitaramo cy’akataraboneka yise “Inganzo ya Kayirebwa”. Kuva muri uwo mwaka, igitaramo “Inganzo ya Kayirebwa” cyabaye ngarukamwaka.

Mu gitaramo "Inganzo ya Kayirebwa" cya tariki 27 Werurwe 2016, azaba amurika alubumu ye ya karindwi "Urukumbuzi".
Mu gitaramo "Inganzo ya Kayirebwa" cya tariki 27 Werurwe 2016, azaba amurika alubumu ye ya karindwi "Urukumbuzi".

Mu gitaramo cyo kuri iki Cyumweru, hateganyijwe imyanya 300 gusa, aho kwinjira ari amafaranga y’u Rwanda 15000. Amatike yo kwinjira akaba agurirwa ahazwi nko kuri “Innovation Village”, “Inzora Cafe” no kuri Hotel des Milles Collines.

Cecile Kayirebwa yitabiriye ibitaramo bikomeye byinshi ku rwego rw’isi, yegukana n’ibihembo binyuranye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

kuki atajya no muntara ,nkubu jye sinakemera ko ariwe uba arikuzirimbira.

alias yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

aha turabyemeranyaho ko Kayirebwa ari umuhanga mu kuririmba none rero iki gitaramo cy’imbaturamugabo nk’iki turagitegereje kandi neza

Muzuka yanditse ku itariki ya: 22-03-2016  →  Musubize

NZABAMPARI

THEO yanditse ku itariki ya: 21-03-2016  →  Musubize

MFITE INZOZI KO UMUNSI 1 AZABA MINISTER (W’UMUCO CYANGWA WO GUTEZA IMBERE UMURYANGO. WHY NOT?)

C yanditse ku itariki ya: 21-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka