Ibijyanye n’umuco Nyarwanda bigiye kujya byigishwa mu mashuri

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu atangaza ko guhera muri 2017 amashuri agiye kujya yigisha ibijyanye n’umuco Nyarwanda kugira ngo abana bakurane ubumenyi bufite umuco.

Abana bitabiriye gahunda y'ibiruhuko ku Ngoro y'umurage w'u Rwanda i Huye bigishijwe kuboha ibintu bitandukanye birimo utwibo n'uduseke
Abana bitabiriye gahunda y’ibiruhuko ku Ngoro y’umurage w’u Rwanda i Huye bigishijwe kuboha ibintu bitandukanye birimo utwibo n’uduseke

Yabivugiye i Huye ubwo yasozaga gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’umurage w’u Rwanda, tariki 22 Ukuboza 2016.

Abana 189 bari bari ku Ngoro y’umurage y’i Huye, bahamaze iminsi 10 batozwa ibintu bitandukanye bijyanye n’umuco Nyarwanda birimo kuvuza ingoma, kuririmba, kubyina, kwivuga, kuvugira inka, gukora ubukorikori butandukanye no kubumba.

Minisitiri Uwacu avuga ko ibyo aba bana batojwe bikwiye kugera ku bana bose bo mu Rwanda.

Ni nayo mpamvu ngo bafatanyije na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) batekereje ko iyi gahunda ikwiye kugezwa no mu mashuri guhera mu mwaka wa 2017.

Agira ati “Twasanze dukwiye gufatanya ngo iyi gahunda igezwe ku bana benshi, haba mu Ngoro z’umurage n’aho zitari, ariko by’umwihariko ntibatozwe mu biruhuko gusa.

Ahubwo no mu mashuri aho biga bamara n’igihe kirekire, kugira ngo bwa bumenyi n’ubuhanga biga byubakire ku musingi ukomeye w’uburere bushingiye ku muco wacu.”

Akomeza avuga ko iyi gahunda izagira uruhare mu guteza imbere ibikomoka mu Rwanda.

Abana bitabiriye gahunda y'ibiruhuko ku Ngoro y'umurage w'u Rwanda i Huye banigishijwe kubumba
Abana bitabiriye gahunda y’ibiruhuko ku Ngoro y’umurage w’u Rwanda i Huye banigishijwe kubumba

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Isaac Munyakazi, avuga ko kwinjiza ibijyanye n’umuco mu mashuri babitekereje kuko basanze ubumenyi budaherekejwe n’umuco butaba bwuzuye.

Agira ati “Ntabwo twategura igihugu gifite abamenyi badafite umuco, ngo twumve ko twujuje inshingano zacu nka Minisiteri y’uburezi.”

Gutoza abana umuco mu Ngoro z’umurage w’u Rwanda byatangiye mu mwaka wa 2000. Byatangiye bibera i Huye, ari naho hari hari ingoro y’umurage gusa.

Aho ingoro z’umurage w’u Rwanda zibereye nyinshi, byagiye bikorerwa no mu Ngoro ya Perezida iherereye i Kanombe, ari naho yabereye mu myaka itatu ishize.

Abana bitabiriye gahunda y'ibiruhuko ku Ngoro y'umurage w'u Rwanda i Huye bigishijwe no kunyabana
Abana bitabiriye gahunda y’ibiruhuko ku Ngoro y’umurage w’u Rwanda i Huye bigishijwe no kunyabana

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda, Ambasaderi Robert Masozera avuga ko batayikoreraga henshi kubera ubushobozi bukeya.

Ariko ngo babifashijwemo na Minisiteri y’Umuco na Siporo, guhera mu mwaka wa 2017 izajya ibera ahari ingoro z’umurage hose.

Akomeza avuga ko mu gukwirakwiza iyi gahunda mu mashuri, biteguye kuzakora ibyo bazasabwa kugira ngo igende neza.

Abana bitabiriye gahunda y'ibiruhuko ku Ngoro y'umurage w'u Rwanda i Huye babigishije no gukirana
Abana bitabiriye gahunda y’ibiruhuko ku Ngoro y’umurage w’u Rwanda i Huye babigishije no gukirana

Muri gahunda y’ibiruhuko mu Ngoro z’umurage w’u Rwanda, Abana biga imikino itandukanye nko gusimbuka urukiramende, gukirana no kunyabanwa (kurwanisha inkoni), bigasozwa n’uko uneshejwe n’unesheje bahoberana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka