Uyu musaza utuye mu murenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga ahari hanatuye umugabekazi Kankazi Ladegonde, avuga ko kuva akiri muto yari umugaragu w’umugabekazi nyina w’umwami Rudahigwa.
Ati: “Nyuma y’uko Umwami Rudahigwa yima ingoma [1931] Umugabekazi Kankazi yahise aza gutura aha i Shyogwe, nanjye naje kumumenya neza nyuma mbaye umugaragu we ariko yari imfura!”
Uyu musaza avuga ko yakoraga mu ikusanyirizo ry’amata rya Kankazi ryari aho i Shyogwe. Aho Umugabekazi Kankazi yari atuye ni ahitwaga ku Karubanda i Shyogwe, aha yari atuye ni ahantu harambuye, kuri ubu aho urugo rwe rwari ruri hari ikibuga cy’umupira w’amaguru.

Umusaza Runyange avuga ko Umugabekazi Kankazi yabanaga na murumuna we witwaga Kabanyana. Avuga ko abaturage b’i Shyogwe bamukundaga cyane kubera imico ye n’uko yabakiraga.
Ati: “yari abanye n’abaturage b’i Shyogwe neza, ntawe yakuraga kandi abaturage b’i Shyogwe, abavuye mu Bugoye n’ahandi niho bazanaga amaturo. Umunyeshyogwe yari amarewe neza ku gihe cya Kankazi”.
Runyange avuga ko yasanze se umubyara nawe yarakoraga kwa Kankazi, nawe abyiruka ariho ajya gukora. Byagezeho se aza kurwara aramugara maze Kankazi n’umwami Rudahigwa ngo bababazwa n’uko umugaragu wabo yamugaye.
Runyange ati: “ibaze ko Rudahigwa ubwe yanyihereye impapuro zo kwiruka mu baganga ngo mvuze data! Maze kumuvuza Kankazi arongera arampamagara ngo nsubire ku kazi mu nzu y’amata”.
Icyo avuga amwibukaho ni uko mbere y’uko umuhungu we Umwami Rudahigwa amugurira imodoka, Kankazi ngo yari afite abagaragu be bitwaga “imitarimba” bamuhekaga.

Imodoka ya mbere umugabekazi yagendagamo yitwaga “byuki”, ishaje ngo bamuguriye indi.
Mu gihe Umwami Rudahigwa yatangaga itegeko ry’uko abatware bagabana n’abagaragu babo, uyu musaza Runyange nawe Umugabekazi Kankazi ngo yahise amuha inka amwemerera kujya kwikomereza ubundi buzima.
Umugabekazi ubwo yazaga gutura aha ngo yabaye umusurushefu (sous chef) wa Marangara ariko ashyiraho abo kumutwarira bitwaga “ibirongozi” bamugezaho raporo umunsi ku wundi.
Abazungu ngo nibo baje gukura Umugabekazi kuri uyu mwanya w’ubusurushefu kuko bahise bashyiraho uwitwaga Nagapfisi; uyu ariko ngo ntiyatinzeho kuko yabuze imisoro bagashyiraho uwitwaga Feredariko Mutimura.
Abazungu ngo bishyiriyeho abasurushefu babo, aba Kankazi barabirukana kuko ngo bumvaga batazashobora kubategeka ibyo bashaka byose.
Runyange kimwe n’abandi bagaragu ba Kankazi bameneshejwe n’abazungu nyuma bumva ngo n’umugabekazi nawe yigiriye muri Congo. Umwe mu bajyanye na Kankazi barimo uwari umushoferi we Arias Nkubito mwene Rwabukambizwa.
Ku musozi uzwi nko ku Karubanda, ahari inzu ya Kankazi biteganijwe ko hazubakwa inzu ndangamurage y’u Rwanda kuko uyu mugabekazi yakoze amateka mu gihugu cyane ko n’umuhungu we bayoboranaga Mutara Rudahigwa ari mu ntwari z’u Rwanda.
Gerard GITOLI Mbabazi
Ibitekerezo ( 10 )
Ohereza igitekerezo
|
murakozecyanekutumenyeshaiyonkuruyo?
Muraho?ngewe nkomoka kurimurumuna wumugabekazi kankazi witwaga NYANKA Regina akaba yariyarabyaye abana batatu,abahungu babiri numukobwumwe ariwe nkomokaho witwaga Pascassia Mukabunyereri.igitumye nandika nagirango menye nimba haruwabuzi ababa bakomoka kuri NYANKA Regina bandi bakomoka kurabobasore babiri(MURASASANDI na SIRIDIO).
Good evening my request is I want to know the historical background of my name Kankazi I would like some translations in both kinyarwanda and English for more understanding the whole story & i love my name so much thank you
Ndabiginze Nijya Muganira Nabo Basaza Mujye Mukora Vidiyo Natwe Tumenye Abobasaza? Murakoze
Nonese umugabekazi kankazi , we yashyinguwe hehe
Muri Congo cg?
Umugabekazi yashyinguwe mu gihugu cy’u Burundi.
Karaha ibyo uvuga ntubizi! Umugabekazi yabaga ari umupfakazi! Menya gutandukanya umwamikazi n’umugabekazi! Ikindi kandi si byiza kubona ibintu byose mu bitsina. Urakoze gukizwa no kwakira agakiza.
Sogokuruza wanjye yitwaga Sekabumba yabaye kwa kankazi igihe kirekire akurwa na Sogokuru Rwandema ,icyo nifuza rero uwampuza nuwo musaza akamvungurira ku mateka kuko abanjye bashaje ntayamenye neza kuko nari nkiri muto
Uyuse niwe kankazi umuze nkumugabo
Muzamubaze n’uwajyaga arongora umugabekazi Umwami adahari ariko?