Rusizi: Bagiye gusana aho umwami Musinga yafungiwe n’abakoroni

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye gusana inyubako yafungiwemo umwami Yuhi V Musinga hagamijwe kugirango ibimenyetso by’amateka bitibagirana.

Ibi babitangaje nyuma y’aho inzu uwo mwami yafungiwemo yangijwe n’abaturage ku buryo bukomeye, aho bayikuyeho amabati yari ayisakaje n’amatafari ubu hakaba hasigaye urukuta rumwe narwo rwenda kugwa.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Nsigaye Emanuel, avuga ko iyo nzu ari ikimenyetso kigaragaza amateka y’ubukoroni bw’Ababiligi mu Rwanda n’ibibi bya yo

Aha niho umwami Musinga yafungiwe, inzu yarasenyutse gasihaye urukuta rumwe
Aha niho umwami Musinga yafungiwe, inzu yarasenyutse gasihaye urukuta rumwe

Nsigaye Emmanuel yemeza ko umwami Yuhi V Musinga yafungiwe muri iyo nzu nyuma yo kumukura ibwami hanyuma bakaza no kumujyana muri Congo Kinshasa ari naho yatangiye.

Nsigaye akomeza avuga ko iyi nzu igiye gusanwa kuko ishaje cyane, kugira ngo itazasenyuka burundu amateka yayo akibagirana.

Umwami Yuhi V Musinga wari uzwiho kwanga no kurwanya ubukoroni
Umwami Yuhi V Musinga wari uzwiho kwanga no kurwanya ubukoroni

Yagize ati”Iyonzu yari ifungiyemo umwami yarangiritse cyane ariko hamwe no gusaba ibitekerezo no kugisha inama ubuyobozi bw’akarere dufite gahunda zo kuyibungabunga, ba mukerarugendo n’abana bacu bakazajya baza kuhigira amateka”.

Umuyobozi wa Jyanama y’akarere ka Rusuzi Kamanzi, Syphorien avuga ko batareka amateka nkayo ngo acike nubwo abagizi ba nabi bagiye biba amatafari bahasenya, ari nayo mpamvu hafashwe ingamba zo kuharinda no kuhasana.

Akarere kavuga ko kagiye kuhasana, abana bato bakazahigira amateka y'u Rwanda
Akarere kavuga ko kagiye kuhasana, abana bato bakazahigira amateka y’u Rwanda

Umusaza w’imyaka 83 y’amavuko, Munyantege Dominique, avuga ko yabonye Umwami Musinga n’amaso ye ari umuturanyi we, asabana n’abaturage nyuma yaho ngo yaje kujyanywa n’abakoroni muri Congo Kishasa baza kumva amakuru ko yaguyeyo.

Munyantege agira ati”Nakuze nsanga umwami Musinga aturanye n’ababyeyi bajye mfite imyaka icyenda; yakundaga abaturage bose atavangura ndetse abana bose tukajya kunywayo amata, ibyo gufungwa kwe simbizi neza ariko numvaga ko abazungu bamujyanye muri Congo bamukubita “.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Njyanama ya Rusizi irasobanutse. Iyo utazi aho uvuye ntunamenya iyo ujya. Ni byiza rwose kandi amateka ya Musinga ahishe byinshi. Kumuca byari nko kubika u Rwanda rwubuwe na FPR Inkotanyi. Ni byiza ko iyo nzu isanwa uko yari imeze neza neza icyo gihe (rehabilitation) kandi hagateganya aho umusezero we uzaruhukira kuko byanze bikunze ababirigi bagomba kuwuduha.Hagateganywa n’ikibanza cyazajyamo musee y’ubukoroni. Ntibigarukire aho kandi tugomba no kumenya Moba aho yaguye uko hameze uyu munsi byaba ngombwa urwo rugendo yagenze bamukubita kugerayo tukajya turukoramo ubukerarugendo twibuka iyo nzira y’umusaraba y’Umwami n’u Rwanda. Ni bande tuzajyanayo bwa mbere? Mutange agatego!!!

kajuga Jerome yanditse ku itariki ya: 30-12-2015  →  Musubize

Uyu mwami ndumva rwose yari intwari umuntu wahanganye n’abakoloni muri kiriyagihe!!!!!
1.Ese yaba ari we watumye Abanyarwanda tubona ubwigenge ,nkuko Abakongomani babigejejweho na Patrick Lumumba ?
(Ubizi yanfasha gusonanukirwa nayo mateka) .

Jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 13-09-2015  →  Musubize

Oyah,Uwatumye tubon Ubwigenge,uwabisabye n’Umwami Mutara III Rudahigwa na n’icyo gituma bamwishe.

Umwami yanditse ku itariki ya: 19-10-2018  →  Musubize

Yanguye he

Mugisha yanditse ku itariki ya: 11-08-2021  →  Musubize

Yanguye he

Mugisha yanditse ku itariki ya: 11-08-2021  →  Musubize

Nibyiza kuhamenya kuko byadufasha kumenya ko ubukoroni harimo ababurwnyije nubwo byarangiye dukoronejwe na bazungu.

irankunda clement yanditse ku itariki ya: 9-09-2015  →  Musubize

byari kuba byiza iyo iyi nkuru y’umwami Musinga iherekezwa n’amateka arambuye ya Musinga : uko yimye ,uko yayoboye ,icyatumye afungirwa iyo ,abazungu bamufunze ni bande , mu wuhe mwaka ... kugirango n’abato babashe kumva neza iyi nkuru .

seromba yanditse ku itariki ya: 9-09-2015  →  Musubize

Iyo Ntwari Yacu Ni Basigasire Amateka Yayo N’abandi Bazigireho Bafata Neza Ibitanga Amateka Ya Kera

Emery yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Njye ndabona aho gusana ahubwo ari ukubungabunga izo ruines kuko gusanika btaba bigoye. bakita kubimenyetso bakanahakora facilities zafasha abahasura.

issa yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Umwami Musinga Yuhi yali intwari y’u Rwanda nyayo wakuwe ku ngoma n’abakoroni na kiliziya gatolika kubera kwanga kubatizwa nuko batuvogerera umuco. Ababiligi bagomba kugarura umulambo we m’urwamubyaye akabikirwa mu cyubahiro kimukwiye.

k. kagaju yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Ngo iyo nzu igiye gusanwa kuko ishaje cyane, ubanz aibyo muvuga mutabizi, twe turi Rusizi nta nzu ihari, hari agakuta kinjiye mu musozi bahinga haruguru yawo, kagaraaza ko hahoze inzu cyera yubakishije amatafari, nta nzu rero ihari cyertse nibazamura hejuru yako gakuta bakabanza bakubaka na fondation , bakazamura inkuta enye kuko akagaragara nagakuta 1, kinjiye mubutaka, ahubwo nibatubwire uko bazabigire...

kajigija yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Umwami musinga yari umuyobozi ufite ubushishozi .

Kwanga abakoroni kutuvagira byari ngobwa ahubwo yabuze abandi banya Afurica ngo batagize 1 world war.

Tuyisihimire yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Uyu mwami yagize amateka meza cyane bityo rero nibyiza ko amateka ye yajya ahora yibukwa.

maureen yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Nibyiza ko aho umwami musinga yafungiwe hasanwa kuko haramateka bityo hakanaba hamwe mubyadufashe kumenye ibijyanye namateka yuyu mwami musinga.

Patrik Kairanga yanditse ku itariki ya: 8-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka