RIB yafunze umunyamakuru Nkundineza Jean Paul

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Nkundineza Jean Paul, Umunyamakuru wigenga (freelance).

Akurikiranyweho ibyaha yakoreye ku murongo wa YouTube birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru ku byaha no gukoresha ibikangisho

Nkundineza Jean Paul
Nkundineza Jean Paul

Afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mu gihe iperereza rikomeje kugirango dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RIB irongera gusaba abakoresha imbuga nkoranyambaga kubahiriza amategeko azigenga kuko uzayarengaho wese azakurikiranwa nkuko biteganywa n’amategeko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Bibikiya iti ikijya mu muntu ntigihumanya hahumanya ikimusohokamo. Abanyarwanda na bo bati "akarenze umunwa karushya ihamagara". Jean Paul uhumanyijwe n’uburakari wagizwe. Ubundi iyo warakaye banza ucururuke ubone kuvuga. Ishyire mu mwanya w’uriya muntu wavugaga nawe bakubwire ibyo wavuze, wabyitwaramo gute? Ihangane rwose. Dutegereze ababishinzwe.

Alias yanditse ku itariki ya: 17-10-2023  →  Musubize

Ubwo uraza lumva ngo abanyamakuru mu Rwanda bararengana icyo bagomba kumenya nugukora umwuga witangazamakuru aliko bakamenya ko ali umulimo uwukora agomba kumva mbere na mbere ko kuba umunyamakuru bitavuga ubudahangarwa ngo bakore ibyaha wibaze ibyo botwaza kuvuga ibitagenda si ikibazo aliko bigize abagenza cyaha mu mwanya wa RIB bigira abacamanza aho kuba abanyamakuru

Lg yanditse ku itariki ya: 17-10-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka