• Ndiza: Batangiye kumva ko kwisiramuza atari uguta umuco nk’uko babyibwiraga

    Bamwe mu batuye agace ka Ndiza mu karere ka Muhanga ngo bafataga igikorwa cyo kwisiramuza nko guta umuco ndetse abakuze bavugaga ko hakwiye kwisiramuza abakiri bato nyamara ubu iyo myumvire ngo imaze guhinduka.



  • Charle Karangwa umuyobozi w

    Rutsiro: Handicap International irasaba kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku myaka no ku bumuga

    Umushinga utegamiye kuri Leta ukorana n’abafite ubumuga Handicap International urasaba Abanyarutsiro kubafasha gukumira no kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku myaka no ku bumuga.



  • Ibi ni ibikoresho bisukura amazi ndetse n

    Delagua yahaye abaturage ibikoresho bisukura amazi n’amashyiga ya kijyambere

    Umuryango mpuzamahanga Delgua watangije igikorwa cyo gutanga ibikoresho bisukura amazi neza n’amashyiga ya kijyambere agabanya imyotsi n’ibicanwa mu rwego rwo gufasha abaturage batishoboye bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe mu rwego kubafasha gusukura amazi bagakoresha amazi meza ndetse no guteka vuba kandi (…)



  • Rutsiro: Yazutse ubwo biteguraga kumushyira mu isanduku ngo bamushyingure

    Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 80 utuye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yatangajwe ko yitabye Imana kuwa mbere tariki 15/09/2014 ariko abantu batunguwe ubwo kuri uyu wa kabiri bajyaga kumushyingura bagasanga umutima we utera.



  • Uwonakunze Gloriose afite imashini idoda imwinjiriza amafaranga.

    Nyaruguru: Abigeze kurwaza bwaki bayigize umugani

    Bamwe mu babyeyi bigeze kugira abana barwaye bwaki bo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko nta bwaki izongera kurangwa mu miryango yabo cyangwa iy’abaturanyi, kuko ngo basanze kurwaza iyi ndwara ari ubujiji bukabije.



  • Gusinzira cyane ngo byaba bitera kurwara

    Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cya Finland, ngo bwagaragaje ko abantu basinzira mu gihe cy’amasaha arenga icyenda mu ijoro rimwe baba bafite ibyago byo kurwara kuruta abagira ibibazo byo kubura ibitotsi.



  • Everiyana Nyiransengiyumva wibarutse abana batatu ahangayikishijwe n

    Kirehe: Arasaba ubufasha nyuma yo kwibaruka abana batatu

    Umubyeyi witwa Everiyana Nyiransengiyumva utuye mu kagari ka Curazo, Umurenge wa Gatore akarere ka Kirehe yabyaye abana batatu umukobwa n’abahungu babiri mu gitondo cya tariki 09 Nzeri 2014 mu bitaro bya Kirehe.



  • Abakozi bo murugo babangamiwe n

    Rusizi:Bamwe mu bakozi bo mu rugo ntibagira Mituweli

    Abenshi mu bakora akazi ko mu rugo mu karere ka Rusizi nta bwisungane mu kwivuza buzwi nka mitweli usanga bafite kandi bakora imirimo ishobora kubaviramo ingaruka, ibi biraba mu gihe buri muturarwanda amaze kugenda asobanukirwa n’akamaro k’ubwisungane mu kwivuza.



  • Aha nyina ari kumwigisha kugenda ariko umwana ntabishobora.

    Bugesera: Ku myaka irindwi ntazi kugenda no kuvuga kubera kanyanga yanyoye afite imyaka itatu

    Umwana witwa Bikorimana Jean de Dieu w’imyaka 7 y’amavuko yanyweye Kanyanga afite imyaka itatu ahita agira ubumuga bwo kutavuga no kugenda kandi mbere yari muzima.



  • Kuryama ufite terefoni mobile icanye hafi yawe ngo bigira ingaruka zikomeye ku buzima

    Mu gihe ikoranabuhanga rishingiye kuri terefoni zigendanwa rikomeje gukwirakwira ku isi, abantu benshi ngo bakunze kuryama bafite terefoni zabo hafi kandi zaka kubera gahunda zitandukanye baba bashaka ko zibafasha mo, nko kwitaba, kubibutsa n’ibindi.



  • Uyu mwana afite amezi umunani ariko aho gukura abyimba umutwe.

    Nyamasheke: Barasaba ubufasha nyuma yo kubyara umwana aho gukura akabyimba umutwe

    Mukamukomezi Agnes na Karangwa Jean batuye mu mudugudu wa Byahi mu kagari ka Shara mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wabo w’amezi umunani ufite ikibazo kuko aho gukura nk’abandi bana agenda abyimba umutwe.



  • Aba bagabo bemeza ko kuboneza urubyaro byagize akamaro mu mibereho myiza n

    Gicumbi: Abagabo bamaze kwifungisha burundu baragira inama abakibishidikanyaho

    Abagabo bo mu karere ka Gicumbi bamaze kuboneza urubyaro hakoreshejwe uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) barasobanura ko babikoze babyumvikanyeho n’abagore babo kandi ngo bamaze kubona ibyiza byabyo bakaba bakangurira abakibishidikanyaho gushira ubwoba kubyitabira.



  • Abarobyi ngo baba bituma mu mazi mu gihe bari kuroba.

    Nyamasheke: Ntibavuga rumwe ku kuba abarobyi bituma mu kivu

    Bamwe mu baturage baturiye ikiyaga cya Kivu bavuga ko abaroba isambaza n’amafi mu kiyaga cya Kivu bituma mu mazi kuko nta bwiherero bagira ku nkombe kandi bamara amasaha menshi bari mu mazi, dore ko bamara ijoro ryose baroba, ibi ngo bikaba bishobora guteza ikibazo gikomeye mu gihe haboneka indwara zitandukanye nka korera (…)



  • Bamwe mu baturage ba Kajevuba bemeza ko amarozi abaho abandi bakabihakana.

    Kajevuba: Ntibavuga rumwe ku marozi

    Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Katabagemu mu karere ka Nyagatare bavuga ko barogerwa abandi bakemeza ko imirire mibi no kutavuza aribyo byitirirwa amarozi, ubuyobozi busaba abaturage kujya bajyana abarwayi kwa muganga kuko aribo bafite ubushobozi bwo kumenya indwara iyo (…)



  • Kubyara abana batatu ngo ni ikibazo gikomereye Mujawamariya.

    Nyanza: Akarere kemereye ubufasha umubyeyi wibarutse abana batatu icya rimwe

    Umubyeyi witwa Mujawamariya Virginie w’imyaka 26 utuye mu murenge wa Busoro wibarutse abana batatu ku itariki ya 12/08/2014 bikaba bigaragara ko nta bushobozi afite bwo kubarera, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahise bwiyemeza kumubonera ubufasha ndetse no kuzamuba hafi mu buryo bwose bushoboka.



  • Abanyeshuri barangije amahugurwa bahawe impamyabushobozi.

    Gicumbi: Urubyiruko rwahuguwe ku buzima bw’imyororokere

    Umushinga HDP (Health Development and Performance) wahuguye urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwiga mu mashuri yisumbuye ku buzima bw’imyororokere mu rwego rwo kururinda kugwa mu bishuko bakiri bato.



  • Amata ni imwe mu mfashabere zishobora guhabwa umwana nyuma y

    Gisagara: Abagabo baributswa ko imirire myiza y’umwana itareba umugore gusa

    Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye na minisiteri y’ubuzima n’iy’ubuhinzi n’ubworozi, yatangije icyumweru cyo gukangurira abaturage konsa neza mu karere ka Gisagara, ubuyobozi bw’aka karere nabwo bukibutsa abagabo ko nabo barebwa n’imirire y’umwana.



  • Hari igihe abana bashirira amenyo kubera kurarana ibere mu kanwa

    Uhagarariye serivisi yo kuvura indwara zo mu kanwa ku bitaro bya Kabutare, Jean Marie Vianney Kayinamura, avuga ko hari abana bashirira amenyo kubera kurarana ibere mu kanwa.



  • Mukagisagara (umujyanama w

    Rushahi: Guhana amakuru ku bakobwa batwariye inda iwabo byagabanyije kuzikuramo

    Abatuye Umurenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke bavuga ko abakobwa bo muri ako gace bakunze gutwara inda batarashaka ahanini ngo kubera imibereho yaho ituma abenshi bajya gushaka akazi mu mujyi wa Kigali bakagaruka batwite inda z’abana batazi ba se.



  • Iyamuremye Assiel ngo abangamiwe n

    Byangabo: Umuturage arasaba kumukiza ikimoteri cyashyizwe mu isambu ye

    Iyamuremye Assiel utuye mu metero nke z’isoko rya Byangabo mu Murenge wa Busogo arasaba ubuyobozi gukura imyanda iva mu isoko mu murima we kuko atabasha kuwuhinga ngo awubyaze umusaruro wamwunganira mu gutunga umuryango we.



  • Ababana n

    Gicumbi: Ababana n’ubumuga barasaba koroherezwa muri serivise bahabwa

    Ababana n’ubumuga bo mu karere ka Gicumbi basaba ko bakoroherezwa muri serivise bahabwa kuko ngo imyubakire y’inzu ituma batabasha kugera aho bashaka serivise bitewe n’ubumuga bafite.



  • Bamwe mu bafite ubumuga bahawe inyunganirangingo n

    Nyamagabe: Mu nkambi ya Kigeme hatashywe ikigo gifasha abafite ubumuga

    Kuri uyu wa kane tariki ya 31/07/2014, mu nkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe hafunguwe ku mugaragaro ikigo kigenewe gufasha abafite ubumuga bo mu nkambi, kimwe mu bikorwa impunzi zifite ubumuga zagejejweho hagamijwe kuzifasha mu mibereho yazo ya buri munsi.



  • Rwirasira (iburyo) n

    Ntiyafataga umwana we ufite ubumuga nk’umuntu none ubu amurutisha abandi

    Rwirasira Samuel utuye mu karere ka Nyabihu avuga ko umwe mu bana be batandatu wavukanye ubumuga bwo kutumva no kutavuga atamufataga nk’umuntu wuzuye ariko nyuma yo kwiga ubu amurutisha bamwe mu bandi bana kuko abasha kwikemurira ibibazo byose bisaba amafaranga.



  • Karugwiza Therese, Umukozi wa UNFPA ushinzwe gender, ubwo yari mu karere ka Karongi mu munsi wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w

    Ababyeyi barasabwa kwigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere

    Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abatuye isi, ubuyobozi bw’umuryango Mpuzamahanga wita ku Batuye Isi (UNFPA) wasabye Abanyarwanda by’umwihariko ababyeyi kuganiriza urubyiruko ku buzima bw’imyororokere mu rwego rwo kurufasha kugira ubuzima bwiza kuko ngo ari rwo shusho y’u Rwanda rw’ejo.



  • Ibigega bifata amazi y

    Gatsibo: Kutagira amazi bibangamiye isuku mu kigo nderabuzima cya Bugarura

    Ikibazo kivugwa mu kigo nderabuzima cya Bugarura giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo kibangamiye cyane abarwayi n’abarwaza ni isuku rusange nkeya muri iki kigo ikomoka ku kutagira amazi meza.



  • Isuku nke igaragara cyane mu bacuruza ibyo kurya bihiye.

    Kazaza: Isuku muri “kwepa ikinonko” irakemangwa

    Abaturage bacumbitse mu mudugudu wa Kazaza bita kwepa inonko hafi y’igishanga cy’umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bishimira ko babonye aho bacumbika bakava mu gishanga hagati ariko ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha burabagawa isuku nke no gutura mu kajagari.



  • Abayobozi b

    Rusizi: Abanyamadini n’amatorero barakangurirwa gahunda yo kuringaniza urubyaro

    Abayobozi b’amadini n’amatorero bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwita kuri gahunda yo kuboneza urubyaro no kuyikangurira abayoboke babo ndetse bagashishikarizwa kwigisha urubyiruko rwo mu madini bayobora ibijyanye na gahunda yo gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere yabo.



  • Ngororero: Bakeneye ikigo cyihariye gitanga serivisi ku buzima bw’imyororokere

    Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage cyane cyane urubyiruko barasaba Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) kubafasha kubona ikigo cyihariye gitanga serivisi ku buzima bw’imyororokere kubera ikibazo cy’inda zitateganyijwe n’izitwarwa n’abana b’abakobwa kibugarije.



  • Kilimbi: Bahangayikishijwe n’ikibazo cy’inda z’indaro

    Nyuma y’uko mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke, hari gukorwa umuhanda uva Rusizi werekeza i Karongi, ababyeyi baturiye aho ikorwa ry’umuhanda rikorerwa bakomeje guhangayikishwa n’iterwa ry’inda ku bakobwa babo cyane abiga mu mashuri yisumbuye.



  • Bubakiye amarobine ariko nta mazi aragezwamo.

    Mukama: Babuze Sur’eau ziyasukura

    Mu gihe bamwe mu baturage bo mu tugali twa Kagina na Gishororo umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe no kuba nta miti isukura amazi babona ku buryo bworoshye dore ko bakoresha ayo bakura mu bishanga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ko ubu iyi miti yamaze kugezwa ku bajyanama b’ubuzima (…)



Izindi nkuru: