Video: Menya impamvu usabwa gusinya mbere yo gukingirwa Covid19
Hashize iminsi havugwa amakuru adafitiwe gihamya, avuga ko urukingo rwa Covid19 ruri gutangwa mu Rwanda rutizewe, ari nayo Mpamvu abantu bari kuruhabwa, basabwa kubanza gusinya ko bagiye gukingirwa ku bushake bwabo.

Ni muri urwo rwego Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije amaze gukingirwa kuri uyu wa gatanu, yavuze ko gusinya mbere yo guhabwa serivise ari agaciro umurwayi ahabwa kwa Muganga, ntaho bihuriye no kuba Inkingo abantu bahabwa.
Minisitiri Ngamije avuga ko gusabwa gusinya ko wemeye serivise ugiye gukorerwa kwa muganga ari ibisanzwe mu buvuzi ahubwo bitari bimenyerewe mu nkingo, akavuga ko biri gushyirwa muri serivise zose kugira ngo Umurwayi ahabwe agaciro na muganga kandi amuhe serivise bemeranyijeho.
Yagize ati “ Nta gitangaza kirimo, ubu turi kugenda duha umurwayi, uburenganzira bwe bwose. Gusobanurira umuntu serivise ugiye kumuha ukanamusaba kuyemera, ni ukumuha agaciro.”

Iyumvire Minisitiri Ngamije avuga byimbitse Impamvu basinya mbere yo gukingirwa covid19
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|