Uko wagabanya ibinure byo ku nda mu minsi itatu

Mbere y’uko turebera hamwe ibiribwa n’ibinyobwa ushobora kwifashisha kugira ngo ugabanye ibinure byo ku nda mu minsi itatu, tubanze tubabwire ko ibi tubikesha urubuga rutanga ubujyanama ku mibereho myiza ishingiye ku biribwa: www.worldofmedicalsaviours.com

Mu byo usabwa gufata, hagomba kugarukamo amagi kuri buri funguro muri iyo minsi itatu.

UMUNSI WA MBERE

Mu gitondo: Kunywa icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari (agakombe kamwe), ugafata inyanya mbisi ebyiri n’amagi abiri atogosheje.

Saa sita: Umweru w’amagi abiri utogosheje, isamake (itogosheje cyangwa yokeje) ukarenzaho agakombe kamwe k’icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari. Hagati ya mu gitondo na saa sita ushobora gufata akantu koroheje: Pomme, umuneke…

Nimugoroba: Tegura imbogarwatsi zirimo (Broccoli, karoti, amashaza, imiteja) kandi bigomba kuba bitekesheje umwuka (steamed), ubundi urenzeho icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari.

UMUNSI WA KABIRI

Mu gitondo: Icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari, amagi abiri atogosheje n’umuneke umwe.

Saa sita: Umweru w’amagi abiri atogosheje, amagarama 120 y’inyama y’inkoko (intongo iringaniye), itogosheje kandi itariho uruhu, ukarenzaho icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari.

Nimugoroba: Ibisuguti bidakakaye, foromage yoroshye (cottage cheese) ikoze mu bisigazwa by’amata bavanyemo amavuta, ubundi ukarenzaho igikombe cy’amata arimo ibinure bike

UMUNSI WA GATATU

Mu gitondo: Igikombe cy’umutobe w’inyanya n’amagi abiri atogosheje.

Saa sita: Icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari, umweru w’amagi abiri atogosheje, amagarama 120 y’inyama zitukura zitetse.

Nimugoroba: Ibirayi bibiri byokeje ukarenzaho icyayi cy’icyatsi kitarimo isukari.

Dore ibyo usabwa kureka by’umwihariko kugira ngo urugamba uriho rutange umusaruro:

  Inzoga zisembuye (by’umwihariko byeri)
  Ibiribwa bifite ibinure byinshi
  Isukari n’ibindi bikora nkayo
  ice cream
  Imigati yera, ibisuguti na keke, n’ibindi byose bikorwa mu ifarini birimo isukari.

Ikigaragara, izi nama zisaba kwihangana no kwiyima ibyo umuntu akunda, cyane cyane ku basanzwe bikundira ifunguro rifatika, rimwe umuntu afata akumva inda iruzuye cyangwa agatangira guhunyiza kubera kugwa agacuho by’umwihariko mu masaaha ya nyuma ya saa sita.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka