Rusizi: Ubuyobozi bw’ababana na VIH/SIDA barasabwa gukumira ubwandu bushya

Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.

Ukuriye urwego rushinzwe kurwanya SIDA mu karere ka Rusizi, Serubungo Janvier, yavuze ko urugaga rw’ababana na VIH/SIDA (RRP+) rukwiye kujyanisha gahunda zarwo na gahunda z’igihugu yo kurwanya SIDA cyanecyane iyo gukumira ubwandu bushya.

Serubungo yagize ati “Turasaba ubuyobozi bushya bwatowe kudufasha bakangurira ababana na VIH/SIDA gukangurira ababyeyi kudakomeza kubyarira mu bwandu”.

Umuyobozi mushya w’urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi, Nyirangirimana Judence, yemeje ko bagiye gukoresha uburyo bwose bushoboka bakigisha abatarandura kugira ngo birinde kwandura VIH/SIDA.

Nyirangirimana yagize ati “tuzabahuriza hamwe tubabwire ububi bwo kwandura VIH/SIDA tubasobanurire ingaruka mbi zo kwandura SIDA bakure babizi ku buryo nabo babyigisha n’abandi”.

Buri karere k’u Rwanda gafite ubuyobozi buhagarariye urugaga rw’ababana na VIH/SIDA (RRP+) butorwa n’abanyamuryango bibumbiye mu mashyirahamwe y’ababana na VIH/SIDA azwi.

Jean Baptiste Micomyiza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka