Rusizi: Hoteri ebyiri zafunzwe kubera isuku nke
Hotel du Lac na Hotel Ten to Ten na Restaurant la Gastronome byafunzwe na komisiyo y’akarere ka Rusizi ishinzwe kugenzura isuku tariki 28/11/2012 kubera bafite umwanda ukabije bikaba byagira ingaruka ku buzima bw’abantu.
Uretse ahafunzwe, abandi bahawe ibyumweru bibiri ngo batunganye isuku yabo kandi nibatabikora nabo bagafungirwa. Abihanangirijwe barimo aho bita ku bagore beza, Peace Guest house n’amaresitora.

Bamwe mu bafungiwe ibikorwa byabo batangaza ko bari bikosoye ariko ngo kuba hariho ibindi banenzwe bagiye kwikubita agashyi kuburyo mu minsi micye bazaba bakoze ibyo basabwa.
Zimwe muri za hoteli zasuwe kuwa 28/11/2012 ni Ten to ten, Peace Guest House, Hotel des Chutes, Bar Resto La Gastronome, New Land, Hotel du Lac, Motel Rubavu n’izindi.

Hashize amezi atatu komisiyo y’akarere ka Rusizi ishinzwe kugenzura isuku yihanangiriza amahoteri yo mu karere ka Rusizi kugira isuku.
Musabwa Euphrem
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|