Ibimenyetso bigaragaza ko umugore yasamye

Ni kenshi abantu (umugore cyangwa umukobwa) bajya kwa muganga kwivuza basuzumwa muganga agasanga barasamye yewe bamwe bagasanga inda igera no mu mezi ariko bo batabizi.

Impuguke mu buzima bw’umubyeyi n’umwana Anicet Nzabonimpa avuga ko mu gihe cy’ukwezi hari ikimenyetso nyamukuru umukobwa cyangwa umubyeyi areberaho ko yasamye cyangwa atasamye ari cyo imihango.

Avuga ko hari n’ibindi bimenyetso bishobora kugaragaza ko umumtu yasamye. Ati: “Hari ibimenyetso bigaragara ku mubiri w’umugore wasamye birimo kugira ubushyuhe bwinshi bwiyongereye mu gihe cy’isama aho hashobora kwiyongeraho degree 0.5, kumva umubiri wahindutse, imibanire ye n’umubiri aho bimwe bihumura cyangwa bikanuka, guhindura amarangamutima”.

Asaba umugore wese cyangwa umukobwa ko mu gihe yabuze imihango nta miti runaka yakoresheje ishobora kugira ingaruka ku myororokere ye, akwiye kwihutira kujya kwa muganga agasuzumwa kuko igihembwe cya mbere ari cyo umubyeyi akwiye kwita cyane ku buzima bwe igihe atwite.

Nzabonimpa avuga ko hari abantu bamwe bashobora gusama ntibagire impinduka runaka bagira usibye kuba babura imihango kugeza igihe abyariye.

Avuga ko umubyeyi utwite asabwa kwiyitaho arya indyo yuzuye kugira ngo n’umwana akure neza mu nda ya nyina. Ni kenshi umugore utwite agira iseseme kandi nyamara asabwa kurya.

Mu kiganiro yagiranye na KT Radio, impuguke mu buzima bw’umubyeyi n’umwana Anicet Nzabonimpa, yavuze ko abahanga basobanura ko umuntu wese akwiye kurya nibura gatatu ku munsi ariko by’akarusho umuntu akwiye kudacikwa indyo yuzuye mu gitondo kuko ari yo igira umumaro, imwongerera imbaraga zo kugira ngo abashe gukora.

Abahanga mu by’imirire bajya inama ko muri ya mafunguro afatwa y’ingenzi kuri buri wese, ku mubyeyi utwite hakwiye kwiyongeraho indyo idasanzwe yiganjemo cyane imboga n’imbuto.

Umugore ngo akwiye kwiyitaho abigirira ko atari wenyine ahubwo akumva ko ari kumwe n’umuryango we cyane cyane umugabo we akumva uruhare rwabo rwo kwita kuri uwo mubyeyi.

Ibitekerezo   ( 23 )

Muraho,nkunda kugira ibimenyetso byuko ntwite kandi ntatwite byaba biterwa niki? Nkubu maze ibyumweru 7 ntamihango ndongera kubona,amabere yarabyimbye rimwe na rimwe arandya ,umutwe urandya,rimwe nkakonja nakwifubika nkashyuhirana munda naho hakandya no gusinzira.ibyo nibyo mfite ubu mumezi yashize nagiye mbura imihango amabere nkuko kose,iseseme kunukirwa no guhumurirwa najya kwa muganga inda ikabura hazashira igiheee imihango ikaza ibimenyetso bizagenda gutyo gutyo

Alias yanditse ku itariki ya: 7-05-2025  →  Musubize

Nakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye ariko nkaba narajyaga nibarira maze iminsi 5 ntajyira kumva ibimenyetso gushyuha mumubiri ibere rimwe rirabyimba riranarya munda yohasi hahora harya none ndikwibaza nimba ntwite mumbwire kuko byarancanze

Alias yanditse ku itariki ya: 17-05-2025  →  Musubize

Nakoze Sex idakingiye hashize ibyumweru bitatu nabuze imihango ariko iyo nipimishije babura inda harubundi buryo bukoreshwa mu gusuzuma ko wasamye butarugukoresha inkari Murakoze

Alias yanditse ku itariki ya: 30-03-2025  →  Musubize

aho warasamye

christophe yanditse ku itariki ya: 9-11-2024  →  Musubize

Nakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye none ntabimenyetso ndabona ariko harigihe mundaharya nabanarasamye nimubwire

alias yanditse ku itariki ya: 11-10-2024  →  Musubize

Nakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye none ntabimenyetso ndabona ariko harigihe mundaharya nabanarasamye nimubwire

alias yanditse ku itariki ya: 11-10-2024  →  Musubize

Kuribwa Munda sibyo gusa washingiraho wemezako utwite tegereza urebeko igihe ubonera imihango kigera cg x nubona ukomej kuribwa Cyn Munda uzajya kwamuganga barebe ikibazo ufite munda

Niyigena zamuda yanditse ku itariki ya: 7-05-2025  →  Musubize

Ese ushobora gukoresha test wipima ugasnga nuntwite kd utwite

Alias yanditse ku itariki ya: 16-08-2024  →  Musubize

Ese ushobora gukoresha test wipima ugasnga nuntwite kd utwite

Alias yanditse ku itariki ya: 16-08-2024  →  Musubize

Ese ushobora gukoresha test wipima ugasnga nuntwite kd utwite

Alias yanditse ku itariki ya: 16-08-2024  →  Musubize

Ese ushobora gukoresha test wipima ugasnga nuntwite kd utwite

Alias yanditse ku itariki ya: 16-08-2024  →  Musubize

Ese ushobora gukoresha test wipima ugasnga nuntwite kd utwite

Alias yanditse ku itariki ya: 16-08-2024  →  Musubize

Mujyire inama ubanarasamyendabi zipe ariko nahuzwe Ibiryo byose numvabinucyira mujyire inamayicyonakoramurakoze

Oda yanditse ku itariki ya: 15-04-2024  →  Musubize

Abakobwa bagomba kujya bakora imibonano ikingiye

Jamviye yanditse ku itariki ya: 22-03-2024  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka