Abahagarariye imiryango itari iya Leta mu Karere ka Huye basanga bidakwiye ko umwana w’umukobwa yita umuntu mama, papa cyangwa tonto, aho kumureberera akamuhohotera.
Kuva ku itariki ya 05 kugera ku ya 07 Ukuboza 2019, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku kurwanya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, inama ya mbere yagutse ku mugabane wa Afurika.
Impuguke mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere zirasaba ko ibiganiro bivuga kuri iyi ngingo byajya biganirwa no muri gahunda zihuriza hamwe abaturage n’inteko z’abaturage, umugoroba w’ababyeyi no mu muganda ngarukakwezi.
Gucura k’umugore cyangwa guca imbyaro, ni igihe imihango ku bagore n’abakobwa ihagarara bakaba batagishoboye gusama inda mu buryo busanzwe bwa kamere, bityo umugore akageza aho atakigira imisemburo mu mubiri we ituma intanga zidakorwa n’umubiri we akaba atashobora gusama.
Ababyeyi benshi babona abana bamera amenyo ndetse igihe kikagera bakabona arakutse ariko bamwe ntibaba bazi igihe ibyo byombi bibera n’ibyiciro binyuramo.
Umuryango Love with Actions ukorera mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo uravuga ko ukomeje kubona abana bahishwe n’imiryango yabo kubera ipfunwe ryo kuba barabyaye abafite ubumuga.
Ihuriro ry’impuzamiryango itegamiye kuri leta igamije kurwanya imirire mibi ‘SUN Alliance’ ritangaza ko mu gihugu hose ubu habarurwa abana barenga ibihumbi 800, bari munsi y’imyaka itanu bugarijwe n’ingaruka z’imirire mibi no kugwingira.
Muhawenimana Jeanne (izina yahawe) yabyaye afite imyaka 15 bituma ata n’ishuri. Avuga ko kugira ngo aterwe inda byavuye ku kutamenya amakuru ngo bimufashe kwirinda icyo kibazo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC).
Inzobere mu bijyanye n’indwara zo mu mutwe zivuga ko ubwumvikane buke hagati y’abantu butera uburwayi bwo mu mutwe mu gihe hatabayeho kwiyakira no kwihangana.
Abantu bafata ibinure mu buryo butandukanye bitewe n’uko babyumvise babibwiwe n’abandi, cyangwa se bitewe n’amabwiriza bahawe na muganga cyangwa abize iby’imirire ku mpamvu zitandukanye. Hari ukubwira ati “Ibinure ni byiza ku mubiri”, undi ati “Ni bibi cyane bitera indwara”, n’ibindi.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko umuntu 1/1000 atabona naho 1% akaba abona nabi. Ubumuga bwo kutabona burimo ibyiciro bitewe n’urwego bugezeho. Hari abatabona burundu, ababona gahoro, ababona kure ntibabone hafi n’ababona hafi ntibabone ibiri kure.
Abatuye imirenge inyuranye igize akarere ka Nyabihu bari mu byishimo nyuma yo kugezwaho amazi meza, mu gihe bari bamaze imyaka myinshi bavoma ibirohwa bari barahaye izina rya Firigiti.
Bamwe mu bagabo bafite abagore bitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro baranenga uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagore bw’agapira n’ibinini kuko bibabyibushya cyane, abandi bikabananura hakagira n’abo bitera uburwayi.
Mu gihe iminkanyari kuri bamwe ifatwa nk’ikimenyetso cy’ubukure mbese umuntu ageze mu zabukuru, hari izindi impamvu zinyuranye zitera kuzana iminkanyari imburagihe. Bikunze kugaragara aho usanga umuntu ukiri muto afite iminkanyari mu maso ku gahanga harajeho imirongo ari yo yitwa iminkanyari.
Nyuma y’uko ubushakashatsi buheruka bwagaragazaga ko akarere ka Nyabihu ari ko kari ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagaragayeho ikibazo cyo kugwingira, abaturage bahagurukiye icyo kibazo biyemeza kukirwanya bitabira amasomo mbonezamirire.
Hari impamvu nyinshi zituma umubyeyi abasha kumva ko umwana akwiye gutungwa n’amashereka gusa kuva akivuka kugera ku mezi atandatu, ari nayo mpamvu umubyeyi akwiye gusobanukirwa neza uburyo bwo gukama no gusiga amashereka yatunga umwana mu gihe runaka amara batari kumwe.
Bamwe mu bakangurambaga mu byo kurwanya ihohoterwa mu ngo bavuga ko amafaranga y’insimburamubyizi imiryango nterankunga igenera imiryango irangwamo amakimbirane mu gihe babigisha, akwiye gukurwaho, bakayahabwa mu bundi buryo.
Umwaka wa 2018 warangiye mu turere dutanu twazaga ku isonga mu kugira umubare munini w’abangavu batewe inda, tune ari utwo mu Burasirazuba.
Inyota irasanzwe ku buzima bwa muntu kuko iterwa n’amazi aba yagabanutse mu mubiri ugashaka andi, ariko kandi hari inyota iterwa n’izindi mpamvu zitandukanye, ahanini zifite ikindi zihatse nk’uburwayi.
Mu gihe Leta ishishikariza Abaturarwanda kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa, abaturiye n’abarema isoko rya Rango mu Karere ka Huye bavuga ko ubwiherero bwo muri iri soko butujuje ibisabwa.
Aho abantu bahurira ari benshi, baba bari mu kazi, mu isoko, ku bibuga by’imipira cyangwa muri za sitade, mu tubari n’amahoteri ndetse n’ahandi, haba bagomba kuba ubwiherero rusange.
Ibigo binyuranye mu karere ka Musanze, byashyiriyeho abaturage uburyo bwo kubanza gukaraba mbere na nyuma yo kwaka serivise, mu rwego rwo kubatoza isuku no kwirinda Ebola.
Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, avuga ko abakobwa babyarira iwabo kabiri gatatu hanyuma bakajya kwaka imfashanyo, bakwiye kumenya ko umuntu yigira yakwibura agapfa.
Imboga ziri mu biribwa bya mbere byiza ku buzima mu biribwa byose biba ku isi. Nyamara abatuye isi bazirya ku buryo buhoraho ni mbarwa.
Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) gitangaza ko gihomba agera kuri miliyari 20Frw buri mwaka kubera ko amafaranga atangwa n’abanyamuryango ari make ugereranyije n’ayo icyo kigo cyishyura servisi z’ubuvuzi.
Nk’uko tubikesha urubuga www.nationalpeanutboard.org, ubunyobwa ni igihingwa gishobora kuba gifite inkomoko muri Amerika y’Amajyepfo mu gihugu cya Peru cyangwa Brezil, kuko nta nyandiko ihari igaragaza aho ubunyobwa bwakomotse, ariko hari imitako ibumbye mu ishusho y’ubunyobwa kandi iyo mitako ikaba imaze imyaka irenga 3,500.
Ni kenshi hagiye humvikana ibibazo by’abakozi bo mu rugo aho abakoresha bamwe binubira imikorere y’abakozi basiga mu ngo cyane ko baba batabizeye.
Umwana w’imfubyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, avuga ko umuhungu w’imyaka 25 ukora umwuga wo gutwara abagenzi ku igare (umunyonzi) yamushukishije ko azamugira umugore amusambanya afite imyaka 14 amaze kumutera inda aramwanga.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagowe cyane no kurera abuzukuru babo ahanini basigirwa n’abakobwa babyarira iwabo.