Nyamagabe: Benshi bacuruza ibiribwa mu isoko bidapfundikiye

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe bacuruza ibiribwa bidapfundikiye, bikikijwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye, aho usanga abarema isoko babicaho rutumura ivumbi, bikaba bishobora guteza indwara zituruka ku mwanda.

Mu gihe akarere ka Nyamagabe katangije ukwezi kw’isuku taliki 15 Ukuboza 2014, hari bamwe mu baturage usanga nta gaciro baha ibikorwa by’isuku cyane ko bibarinda n’indwara zituruka ku mwanda aho zifata 80% mu ndwara zigaragara mu karere ka Nyamagabe.

Mu isoko rya Nyamagabe ry’agateganyo, riherereye mu murenge wa Gasaka, hari bamwe mu baturage bacuruza ibirayi, amasambusa, ibidiya, n’ibindi bidapfundikiye, kandi hanyurwa n’urujya n’uruza rw’abaremye isoko batamo ivumbi.

Abagana isoko usanga batambuka ku bitebo bicururizwamo ibidiya bidapfundikiye.
Abagana isoko usanga batambuka ku bitebo bicururizwamo ibidiya bidapfundikiye.

Uwitwa Hamduni Munyampundu ucuruza ibidiya aravuga ko impamvu usanga nta suku bafite ari uko bacururiza mu kajagari begeranye, ko nibahabwa ahagutse bazabasha kugira isuku.

Yagize ati: “urabona hano hari inkwavu, hari ubugoro, hari ibidiya hari ibintu byose bitandukanye, ubwo rero badufashije bakabitandukanya bimwe bikajya aha ngaha ibindi bikajya hariya, ibindi bigashakirwa aho bijya byadufasha, bikomeje kuriya byateza indwara”.

Ku munsi w’isoko n’ubwo abacuruzi baba babaye benshi, kugira isuku usanga ari imyumvire itarabacengeramo neza kuko ntawutekereza gupfundikira ibyo acuruza.

Kudapfundikira ibicuruzwa bishobora guteza ababigura indwara zituruka ku mwanda.
Kudapfundikira ibicuruzwa bishobora guteza ababigura indwara zituruka ku mwanda.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gasaka, John Bayiringire, yadutangarije ko zimwe mu ngamba zihari hifashishijwe komisiyo zishinzwe isuku mu murenge, muri gahunda y’ukwezi kw’isuku bihaye bashishikariza abaturage kugira isuku kurushaho abinangiye bakaba bafungirwa ubucuruzi bwabo.

Yagize ati: “turi kugenzura isuku urugo ku rundi, aho abantu barara, isuku ku mubiri, hari ikipe y’umurenge ishinzwe isuku igenda inyuramo buri munsi cyangwa gatatu mu cyumweru, hagatangwa inama byaba na ngombwa tukavuga ibyo bakosora tukabibandikira, byaba ngombwa tukanabafungira”.

Abaturage usanga imyumvire ku bijyanye n'isuku ikiri hasi.
Abaturage usanga imyumvire ku bijyanye n’isuku ikiri hasi.

Ubuyobozi ngo buzakomeza kwigisha abacuruza ibiribwa bitandukanye, n’abafite amahoteli, resitora n’utubari kugira isuku, kugira ngo harwanywe indwara zituruka ku isuku nke kandi himakazwe umuco w’isuku mu baturage.

Caissy Christine Nakure

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka