Umuntu wa 3 wishwe na COVID-19 mu Rwanda ni Umusirikare

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko umuntu wa gatatu yitabye Imana azize icyorezo cya COVID-19. Uwitabye Imana yari Umusirikare w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) w’imyaka 51 y’amavuko wari mu butumwa mu mahanga, akaba ngo yari asanzwe afite ubundi burwayi.

Uyu musirikare yitabye Imana nyuma y’abandi babiri na bo bishwe na COVID-19 mu minsi ishize barimo Umupolisikaziw’imyaka 24 y’amavuko witabye Imana tariki 03 Kamena 2020, undi akaba yari umushoferiw’imyaka 65 y’amavuko witabye Imana tariki 30 Gicurasi 2020.

Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko uwo mupolisikazi yari mu butumwa bw’akazi mu mahanga, akaba ari na ho yanduriye Coronavirus, aza kugarurwa mu Rwanda amaze kuremba.

Ngo yahise yitabwaho n’abaganga ariko aza kwitaba Imana bitewe n’uko yari arembye cyane.

Naho uwo mushoferi wabaye uwa mbere wishwe na COVID-19 mu Rwanda, ngo yari atuye mu gihugu cy’abaturanyi, ahitamo gutaha mu Rwanda nyuma yo kuremba.

Icyo gihe Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko uwo muntu wa mbere yitaweho n’abaganga mu kigo cyagenewe kuvura Coronavirus, ariko aza gupfa azize kwangirika imyanya y’ubuhumekero.

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na bairindwi (17) ba COVID-19.

Abo barwayi 17 babonetse mu bipimo 3,961 byafashwe kuri uyu wa Gatatu, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 1,042.

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko abo barwayi bashya 17 barimo abagaragaye i Rusizi (2), i Kigali (7), Ngoma (6) na Rubavu (2).

Abantu 33 mu bari barwaye bakize, abamaze gukira bose hamwe baba 480, naho abakirwaye ni 559.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda babaye batatu.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

NUKURI TURASHIMA LETA YU RWANDA UKUNTU IKOMEJEJE GUSHYIRA IMBARAGA MUKURWANYA IKI CYOREZO NUKURI NI BYO GUSHIMA NAHO UWO UMUSIRIKARE IMANA IMWAKIRE KANDI AGIRE IRUHUKO RIDASHIRA

NIYITEGEKA OLIVIER yanditse ku itariki ya: 2-07-2020  →  Musubize

Umuryango we niwihangane! gusa mwifurije umuzuko kumunsi wo kuzuka kw’abasinziriye murupfu.

Mugiraneza Bonaventure yanditse ku itariki ya: 2-07-2020  →  Musubize

ikigaragara ni uko leta y’u Rwanda ikomeje kuba hafi y’abaturage bayo kugirango badahitanwa na Covid-19. icyo twakwishimira ni uko umubare wabamaze kwicwa ari mutoya ugereranije no mubindi bihugu,ibi byose tubikesha nyakubahwa President wa Repubulika y’u Rwanda intore izirusha intambwe.

NDAHIMANA Appolinaire yanditse ku itariki ya: 2-07-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka