Mu Rwanda umuntu wa kabiri yitabye Imana azize #COVID19

Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko umurwayi wa kabiri yitabye Imana azize COVID-19.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umurwayi witabye Imana yari Umupolisikazi w’imyaka 24 y’amavuko wari mu butumwa bw’akazi mu mahanga , akaba ari na ho yanduriye Coronavirus, aza kugarurwa mu Rwanda amaze kuremba.

Ngo yahise yitabwaho n’abaganga ariko aza kwitaba Imana bitewe n’uko yari arembye cyane.

Hagati aho kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kamena 2020 mu rwanda habonetse abandi barwayi bashya barindwi ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 384.

Abo bantu barindwi babonetse mu bipimo 957 byafashwe uyu munsi, ibipimo byose hamwe bimaze gufatwa bikaba ari 70,108 ari na byo byabonetsemo abarwayi 384.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima riravuga ko abantu barindwi mu bari barwaye COVID-19 bakize kuri uyu wa kabiri, abamaze gukira bose hamwe baba 269.

Abakirwaye COVID-19 mu Rwanda ni 113, kugeza kuri uyu wa Kabiri icyo cyorezo mu Rwanda kikaba kimaze guhitana abantu babiri.

Tariki 30 Gicurasi 2020 nibwo Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko umuntu wa mbere yitabye Imana azize COVID-19.

Uwo murwayi wa mbere witabye Imana yari umushoferi w’imyaka 65 y’amavuko wari utuye mu gihugu cy’abaturanyi wahisemo gutaha mu Rwanda nyuma yo kuremba.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko uwo muntu wa mbere yitaweho n’abagangamu kigo cyagenewe kuvura Coronavirus, ariko aza gupfa azize kwangirika imyanya y’ubuhumekero.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abantu gukomeza gukurikiza inama bagirwa zo kwirinda COVID-19 zirimo gukaraba intoki n’amazi ndetse n’isabune cyangwa bagakoresha umuti wabugenewe, kwambara agapfukamunwa uko bikwiye, kwirinda gusuhuzanya abantu bahana ibiganza, kwirinda kujya ahantu hateraniye abantu benshi, no guhana intera hagati y’umuntu n’undi.

Hari na nimero ya 114 itishyurwa umuntu ahamagaraho agahabwa ubufasha mu gihe abonye ibimenyetso bya Coronavirus birimo umuriro, inkorora, kubabara mu muhogo no kwitsamura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Murakoze njyewe numvaga ingendo hagati y’intara n’umujyi wa kigali zakomeza zigafungwa ubundi aba motari bari muri kigali bagakoreramo nabari mu ntara bagakoreramo kuko aba motari bajyira akavuyo kenshi cyane

Alias yanditse ku itariki ya: 3-06-2020  →  Musubize

turabakunda cyane

gaturika bereta yanditse ku itariki ya: 3-06-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka