Ngoma: Ibitaro bya Kibungo bikomeje kwitegura kugirwa ibitaro by’urwego rukuru

Ibitaro bya Kibungo byo mu karere ka Ngoma, mu ntara y’Uburasirazuba kwitegura kugirwa ibitaro by’urwego rukuru, igikorwa cyanashimwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Agnes Binagwaho, ubwo yabigendereraga kuwa Kane tariki 24/1/2014.

Ibitaro bya Kibungo bigiye kugirwa ibitaro byo ku rwego rukuru nku rw’ibitaro bya CHUK, CHUB, ibitaro bya gisirikare bya Kanombe n’iby’ibyitiwe umwami Fayisali, byari bisanzwe biri ku rwego rukuru.

Minisitiri atambagira inyubako z'ibi bitaro
Minisitiri atambagira inyubako z’ibi bitaro

Minisitiri Dr. Binagwaho yasuye ibi bitaro mu rwego rwo kureba aho imyiteguro igeze hanozwa serivisi zihatangirwa, hananonosorwa ibisabwa ngo bibe ibitaro byo kurwego rukuru.

Yashimye ko inama yari yagiriye ibi bitaro mu kurushaho kunoza serivisi zihatangirwa ubwo ahaheruka umwaka ushize zubahirijwe.

Gusa haracyari inzitizi mu kunonosora ibisabwa, zirimo umubare mucye w’abaganga, ibikoresho bidahagije birimo ibyifashishwa mu kubaga, mu gusuzuma n’abanga b’inzobere.

Muganga mukuru w’ibi bitaro, Dr. Namanya William, yavuze ko imyiteguro bayigeze kure kandi ko ubushobozi buhari kubufatanye na minisiteri y’ubuzima.

Ibitaro bikuru bya Kibungo byitegura kuba ibitaro byo kurwego rukuru ngo bifite inyubako nziza kandi nyinshi.
Ibitaro bikuru bya Kibungo byitegura kuba ibitaro byo kurwego rukuru ngo bifite inyubako nziza kandi nyinshi.

Yagize ati” Dufite ubushake ubushobozi bwo turabifite kandi na minisiteri y’ubuzima ibiduteramo inkunga ndibaza ko tubyiteguye neza.Inzitizi ziracyahari nk’izibikoresho byo kubaga,ibyo gukora ibizamini ku barwayi ndetse n’abakozi turacyafite bake ugereranije n’abakenewe ku bitaro byo kurwego rukuru.”

Minisitire w’ubuzima yavuze ko uruzinduko rwe rwari rugamije ahanini kureba aho ibi bitaro bigeze mu gushyira mubikorwa inama byari byagiriwe mu ruzinduko rwe ruheruka.

Yavuze ko ashima ko ibyari byasabwe byakozwe bityo ko hagiye kureberwa hamwe uburyo ibibazo bigihari by’ibikoresho ndetse n’abaganga nabyo byakemuka kugirango ibi bitaro bikomeze kwitegura kuba ibyo ku rwego rukuru.

Ati” Igihe cyo kuba byagizwe ibitaro byo kurwego rukuru sinakimenya kuko icyo cyemezo kigomba kubanza gutorwa n’inteko ishinga amategeko,ariko kugera ubu kurwego rw governement baragitoye. Icyo dushaka nuko ibitaro biba byiteguye byujuje ibisabwa hakiri kare.”

Mu Rwanda harateganywa ko ibitaro bitatu bizashyirwa ku rwego rukuru (Referal hospitals)akaba aribyo Ibitaro bya Kibungo,Ibitaro bya Karongi n’ibitaro bya Ruhengeri.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

najye nshimye ibitaro bya kibungo uburyo bigiye kuba ibitaro bikuru . kandi ndasaba minister w’ ubuzima gukomeza gusura ibitaro bya rwamagana kuko usanga aho kujya imbere basubira inyuma dore ko nta nabaganga baharara kabiri ujyayo wasubirayo ushaka uwagukurikiranye kuri r.v bati yaragiye ubwo se koko bazateraimbere gute ?

mutesiwabo yanditse ku itariki ya: 27-01-2014  →  Musubize

nihavugururwe byinshi mu buzima maze abarwara ntibazongere guhitanwa no kutagira inzobere cg kubura aho bivuza

isimbi yanditse ku itariki ya: 25-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka