- Perezida Kagame yaganiriye n’abanyamakuru ku ngingo zitandukanye
Ibi Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa 27 Mata 2020, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, aho cyibanze ku makuru anyuranye yerekeranye n’icyorezo cya Covid-19.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko ku bijyanye n’imiti u Rwanda rugendera ku mabwiriza mpuzamahanga atangwa n’inzego zibishinzwe, ariko na rwo rukagerageza kugira ibyo rukora.
Agira ati “Mu buyobozi bw’iki gihugu twemera amabwiriza y’ubumenyi kurusha indagu, ubupfumu cyangwa ibyo abantu bavuga kuko ari ko babishaka, ibyo turabyirinda. Ku bijyanye na Covid-19, haracyari ibintu bitaramenyekana neza ku babizobereyemo, abafite ubumenyi buhanitse kuri za virusi, mu buvuzi, gusa hari ibyo bamaze kumenya nko kuyirinda no kuyirwanya”.
Ati “U Rwanda na rwo hari ibyo rukora bifasha mu buvuzi, nabonye abakoze imashini yongera umwuka (ventilator), wenda ejo hari abazaba bakoze ibishobora gupima Coronavirus. Bakora ubushakashatsi wenda bafatanyije n’abandi bakaba bagera ku miterere y’iyo virusi n’umuti wayivura, ni ibintu abantu bafatanya ku isi yose ariko n’u Rwanda ntirwasigaye inyuma”.
Icyakora Perezida Kagame yavuze ko ntacyo yavuga ku byagezweho n’Abanyarwanda ku by’ubuvuzi cyangwa ku by’urukingo rw’icyo cyorezo, kuko nta byo barageraho.
Ku bijyanye n’umuti wa Coronavirus bivugwa ko wavumbuwe mu gihugu cya Madagascar, Umukuru w’igihugu na byo yagize icyo abivugaho.
Ati “Ibya Madagascar mbibona nk’uko undi wese yabibonye. Wahitamo kubyemera kuko ari uburenganzira bwawe cyangwa se ukabigiraho ikibazo ukavuga uti reka dutegereze tubanze turebe aho byakoze n’icyavuyemo. Nanjye narabyumvise ariko tugerageza gukurikiza siyansi isobanutse nk’uko tuyizi, ariko n’ibyo bindi tuzajya tubyumva turebe ikibirimo icyo ari cyo”.
Yakomeje avuga ko icy’ingenzi ari ugukoresha ibiriho cyangwa ibyagezweho byumvikanwaho ku isi yose uko siyansi ivuga, bikurikije n’inzego zibishinzwe nk’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Abanyeshuri bose bazajya mu biruhuko tariki 02 Mata 2021
- RBC na Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukusanya amakuru azafasha mu kumenya icyerekezo cya Covid-19
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
- Mu Rwanda abantu 210 bakize Covid-19, babiri irabahitana
- Minisitiri Shyaka yasabye insengero gufungura zizirikana no kwigisha kwirinda COVID-19
- Dore impamvu abakingirwa Covid-19 bazakomeza kwambara udupfukamunwa
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|