RBC yatanze imodoka zizakwirakwiza inkingo harimo n’urwa Covid-19

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatanze imodoka 21 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari imwe ku bitaro bishya n’ibifite akazi kenshi kandi biri ahantu hagoye, kugira ngo zifashe gukwirakwiza inkingo no kugenzura ko iyo gahunda yubahirizwa.

Dr Nsanzimana atanga imfunguzo n'ikarita iranga imodoka ku muyobozi w'Ibitaro bya Ruhango
Dr Nsanzimana atanga imfunguzo n’ikarita iranga imodoka ku muyobozi w’Ibitaro bya Ruhango

RBC ivuga ko mu nkingo zigomba gutangirwa ku bitaro no ku bigo nderabuzima byose mu gihugu harimo n’urwa Covid-19, byitezwe ko ruzaboneka mu ntango z’umwaka utaha wa 2021.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana, yagize ati “buri mwaka tugira inkingo nshya ziyongera muri gahunda y’ikingira, urukingo rwa Covid-19 turutegereje mu ntangiriro z’umwaka utaha, twatangiye kurwitegura, izi modoka ziri mu bikoresho bizadufasha gukwirakwiza irwo rukingo”.

Dr Nsanzimana avuga ko urukingo rwa Covid-19 niruboneka ruzahabwa Abaturarwanda hafi miliyoni eshanu, ariko abazabanza kuruhabwa bakaba ari abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri nk’abageze mu zabukuru n’abafite uburwayi bukomeye, ndetse n’abantu bashinzwe kurwanya icyo cyorezo.

Ati “Turarutegereje kandi turabyizeye”.

Umuyobozi Mukuru wa RBC agerageza imodoka nshyashya mbere yo kuzitanga ku bitaro
Umuyobozi Mukuru wa RBC agerageza imodoka nshyashya mbere yo kuzitanga ku bitaro

Umuyobozi w’Ibitaro bya Butaro (Burera), bimwe mu byahawe imodoka, Maj Dr Kayitare Emmanuel, ashima ko babonye imodoka ishobora imisozi yo muri ako karere, kandi kubera kwihuta kwayo ikazabasha kugera ku bigo nderabuzima byose uko ari 19.

Ati “Ni imodoka ikomeye izadufasha kumenya amakuru ajyanye n’ubuzima, yaba imibare y’abakingirwa, abana bavuka n’ababyeyi babyara, abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA n’ubindi”.

RBC ivuga ko imodoka zatanzwe ari igihembo cy’umushinga mpuzamahanga witwa ‘Gavi’ usanzwe uteza imbere gahunda y’ikingira, ukaba ushima ko u Rwanda ruza mu bihugu bitanga neza inkingo, kuko mu myaka itatu ishize rwahaye inkingo abarenga 90% by’abazikeneye.

Iki kigo cyakomeje gitangaza ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere ku Mugabane wa Afurika bizahabwa urukingo rwa Covid-19 rugisohoka mu ruganda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Mu by’ukuri urwego rw’ubusima mu Rwanda rukomeje kugaragaza itandukaniro mu gukurikirana ubuzima bw’abaturage. Gusa urukingo rwa covid-19 niruboneka hazitabwe ku banyeshuri kugira ngo basubire ku mashuri bose.

Jean Florent UYISENGA yanditse ku itariki ya: 7-11-2020  →  Musubize

Nibyiza rwose ariko ikibazo ni bariza hano nuko eko hari inkuru yasohotse ivuga ngo inganda zimbere mu gihugu zibangamiwe ni bikorwa byazo bitabona abakiriya kuko usanga abantu batumiza ibyo hanze. none rero ko dufite inganda zi kora imodoka kaki atarizo reta isa icyo kiraka cyo kugura imodoka zabo ko byakongera umusaruro no gutanga akazi kubanyarwanda benshi. reta niyo yakagombye gufata iyambere mu gushigikira izo nganda.

Bimawuwa yanditse ku itariki ya: 7-11-2020  →  Musubize

Njyewe igitekerezo cyanjye muzatubarize inzego zubuzima nimba harurukingo rwa sida bajyerageza gukora murakoze

Alias yanditse ku itariki ya: 6-11-2020  →  Musubize

abaganga nibo babangamiwe

edy yanditse ku itariki ya: 6-11-2020  →  Musubize

Ndashimira RBC nsabako urukingo mugihe ruzaba rwabonetse hakitabwa kuma gereza ninzego zumutekano mbere yabyose nanashima inzego zubuzima na Let’s yuRwanda

Dusabimana j baptiste yanditse ku itariki ya: 6-11-2020  →  Musubize

bazabanze baruhe abaganga nabandi bafite iminite ntoya

edy yanditse ku itariki ya: 6-11-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka