Rayvanny yafunguye inzu ye ifasha abahanzi

Rayvanny, umwe mu nkingi za mwamba mu nzu itunganya umuziki Wasafi ya Diamond Platinums wo muri Tanzania, yafunguye inzu ye bwite ifasha abahanzi mu muziki.

Rayvanny
Rayvanny

Abinyujije kuri Instagram, Raymond Shaban Mwakyusa wamamaye nka Rayvanny yashyizeho ifoto y’ikirango cy’inzu ifasha abahanzi (record label) ye yise Next Level Music agira ati “Byari inzozi, mureke mfate uyu mwanya mbatumire mu imurika rya The Next Level Music uyu mugoroba.”

Habaye ibirori byo gutaha Next Level Music ya Rayvanny
Habaye ibirori byo gutaha Next Level Music ya Rayvanny

Diamond na we abinyujije kuri Instagram yerekanye ibyishimo afitiye Rayvanny yerekana aho iyo nzu izajya ikorera ati “Uyu munsi turaza kubereka ibi bidasanzwe hamwe n’umuvandimwe.”

Ni benshi bavuye muri Wasafi Records ya Diamond bagenda nabi bashwanye, harimo Harmonize washinze inzu ye yise Konde Gang.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka