Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murunda, Butasi Jean Herman, yatangaje ko umubare w’abamaze kubona ubwisungane mu kwivuza ugeze kuri 94% by’abatuye umurenge wa Murunda.
Butasi Jean Herman yagize ati “twakanguriye abaturage kwibumbira mu bimina kuko ari bwo buryo twabonaga bworoshye kandi kugeza ubu byadufashije kuzamura umubare w’abafite ubwishingizi mu kwivuza”.
Abaturage bo bavuga ko iyi gahunda yabafashije kuko mbere wasangaga bibagora kubonera rimwe amafaranga, ariko ubu bagenda batanga duke duke kugeza umusanzu ugwiriye.
Aha umunyambanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murunda avuga ko biteguye gukomeza kuba hafi abaturage, babafasha mu kubakangurira kwitabira gahunda zatuma bagira ubuzima bwiza, kandi zibaganisha ku iterambere rirambye.
Védaste Nkikabahizi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|