Mu Rwanda abagera ku bihumbi 300 bagiye gukingirwa Covid-19 mu kwezi kumwe

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko mu gikorwa cyo gukingira umubare munini w’abaturage, ku ikubitiro abagera ku bihumbi 300 ari bo bagiye gukingirwa mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kanama 2021 aho biteganyijwe ko ku munsi hazajya hakingirwa nibura abaturage ibihumbi 10 nk’uko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi rusange Dr. Mpunga Tharcisse yabitangarije RBA.

Uretse kuri site ya Camp Kigali aho biteganyijwe ko hakingirirwa abagera ku 3,700 barimo abakozi b’ibigo, inzego zinyuranye n’abakozi bo muri za Farumasi , guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Kanama 2021 ku bigo nderabuzima byo mu Mujyi wa Kigali na ho umuntu wese ufite imyaka 40 kuzamura azaba yemerewe guhabwa urukingo rwa Covid-19.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko ikigamijwe ari ugufasha abaturage kongera ubudahangarwa bw’imibiri yabo bahabwa urukingo.

Ati “Iki ni igikorwa kigari cyo gukingira abantu benshi batuye mu Mujyi wa Kigali cyane cyane abari mu myaka 40 kuzamura, abagore batwite kuva ku byumweru 12, abonsa ariko n’abandi bantu bakora mu buzima busanzwe nk’ubucuruzi n’indi mirimo ifite aho ihuriye n’iterambere”.

Dr Mpunga avuga ko inkingo zifite akamaro gakomeye bitewe n’uko iyi virusi ari nshya.

Ati “Inkingo rero zifite akamaro gakomeye cyane kuko bituma iyi virusi ni nshya ntabwo umubiri w’umuntu uyimenyereye, uyirwaye bifata igihe kinini kugira ngo umubiri ukore abasirikare bo kuyirwanya ku bantu bafite intege nkeya rero badafite n’ubwirinzi buhagije irabazahaza ikabica. Urukingo rero rubafasha kugira ngo umubiri wabo ukore abo basirikare barwanye iyi virusi noneho mu gihe yarwaye abe yahangana na yo bimworoheye”.

Urukingo rurimo guhabwa abaturage rukaba ari urwo mu bwoko bwa Pfizer.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka