
Ibi bikoresho byatanzwe bikaba bifite agaciro kagera kuri miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda, mu rwego rwo kunoza imikorere yo kubaga amagufa mu bitaro bya Kigali bya Kaminuza y’u Rwanda CHUK, Rilima na Ruhengeri.

Urubuga rw’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC), rutangaza ko ari ku nshuro ya 10 Afriquia Foundation iteguye ibi bikorwa, aho abaganga binzobere bazanwa gukorera mu Rwanda, ibikorwa bitandukanye birimo no kuvura abarwayi, mu gihe abaganga bo mu Rwanda bahabwa amahugurwa no kwimenyereza umwuga muri Polonye.

Kugeza ubu Afriquia Foundation ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda imaze kuvura abana 8 haba mu Rwanda ndetse no mu bitaro byo muri Polonye.


Ohereza igitekerezo
|