MINISANTE yijeje abahawe urukingo rwa AstraZeneca rwa mbere ko barimo gushakirwa urwa kabiri

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Julien Mahoro Niyingabira, yijeje abatarafata urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa AstraZeneca rwa kabiri ko Leta irimo kurubashakira, kandi ko nta kibazo cy’ubuzima bazagira mu gihe baba bakererewe kuruhabwa.

Yabitangaje mu biganiro byateguwe n’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira Iterambere rirambye(RJSD) ubwo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ubwisanzure bw’Itangazamakuru kuri uyu wa kabiri.

Mahoro Niyingabira avuga ko habanje gushakwa urukingo rwa kabiri rwa Pfizer-Biontech no gukangurira abantu kwihutira kujya kurufata, kuko igihe bo bagombaga kuzasubira gufata urwa kabiri cyarangiye.

Ishami rya LONI rishinzwe ubuzima(OMS) rivuga ko umuntu ufashe urukingo rwa Pfizer Biontech amara iminsi ibarirwa hagati ya 21-28 akajya gufata urwa kabiri.

Mahoro Niyingabira yakomeje avuga ko urukingo rwa kabiri rwa AstraZeneca rwo bajya kurufata bamaze ibyumweru bibarirwa hagati ya 8-12 (amezi abiri n’igice arenga) nyuma yo guhabwa urwa mbere, kuri bamwe icyo gihe kikaba cyarageze ariko inkingo ngo zari zitaraboneka.

Mahoro Niyingabira yagize ati "Leta y’u Rwanda iracyakora ’negociations’ kugira ngo inkingo ziboneke, abantu bazahabwe doze ya kabiri"

Uyu muvugizi wa MINISANTE avuga ko abahawe urukingo urwa AstraZeneca rwa mbere barenga ibihumbi 290. Ni ku gihe abamaze gukingirwa Covid-19 mu Rwanda bose ubu bageze kuri 350,310.

Julien Mahoro Niyingabira akaba yabwiye Kigali Today ko ubushakashatsi bwerekana ko nta kibazo umuntu yagira mu gihe yaba akererewe gufata urukingo rwa kabiri rwa Covid-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Murakoze igihe kubwo iyo nkuru,narinzi ko bafashe dose ya mbere indi Ikaba ibitse Nk’uko byavugwaga,none dore nibwo negotiations zitangiye ubu se koko usibye kurema agatima abantu ngo ubushashatsi bwerekanye ko gukerererwa gufata urwa kabiri nta kibazo kandi bari ubushashakashatsi bwerekanye ko urw kabiri rufatwa nyuma y’ibyumweru 8-12 kuki ahubwo butagaragaje ko igihe cyose wafatira urwa kabiri nta kibazo?
Ahubwo bakore ibishoboka zitazaza ntacyo zimaze hakajyaho gutanguranwa muri zeru.
Murakoze,ubwo twasobanurirwa byimnitse.

Vicent yanditse ku itariki ya: 6-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka