Kwegerezwa amavuriro byagabanyije impfu zitunguranye

Abaturage bo mu karere ka Burera baratangaza ko kurwara ukarembera murugo babiheruka mbere y’imyaka itanu ishize, bataregerezwa ibigo nderabuzima bihagije.

Ikigo nderabuzima cya Rugarama kimwe mu byegerejwe abaturage
Ikigo nderabuzima cya Rugarama kimwe mu byegerejwe abaturage

Bavuga ko mbere y’iyi myaka, amavuriro yari mbarwa, bigatuma hari abakora ingendo ndende bagana kwa muganga, ndetse bamwe bakanahatakariza ubuzima.

Havugimana Jean Claude wo mu murenge wa Cyanika, avuga ko mbere bitari byoroshye gushyikira ubuvuzi kandi batabuze amafaranga yo kwivuza.

Yagize ati “Mbere twahuraga n’ibibazo by’impfu zitunguranye kubera ko kugera ku bitaro byasabaga gukora urugendo rurerure. Bitandukanye n’uyu munsi aho twegerejwe ubuvuzi”.

Nyirimanzi Devota asobanura ko kwivuza bisigaye biborohera bitandukanye n’uko byagendaga mbere kuko bakikijwe n’amavuriro kuburyo batakirembera murugo.

Ati “Urabona dukikijwe n’ibitaro, poste de santé ya Kamanyana, na centre de santé ya Cyanika, n’izindi.
Urabona ko turi hagati y’amavuriro rwose nta kibazo, iyo umuntu agize ikibazo n’ukunyaruka, dufite n’imihanda myiza”.

Uwiragiye Clement umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu karere ka Burera, yemeranya n’abaturage ko kubegereza amavuriro babafashije kuko byanongereye imibare y’ababyeyi babyarira kwa muganga.

Ati “Urebye indwara zitandukanye imibare yaragabanutse, ikindi wajya kureba impfu yaba mu bana cyangwa ababyeyi nabyo byaragabanutse kuburyo bufatika.

Ababyeyi barenga 95% babyarira kwa muganga ariko mbere twari muri 60%”.

Akarere ka Burera gafite ibigo nderabuzima 19 na poste de santé 37 mu mirenge 17, hakiyongeraho n’ibitaro bya Butaro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iyi gahunda ninziza mukarere ka gasabo umurejye wa gikomero hejuru aho umusozi urajyirira abaturajye bahatuye bakora urujyendo rurerure kugera kwivuriro ntamodoka zihaba ni moto gusa aho ugutwarira kuva kubihumbi bibiri kuzamura abashinzwe babyigeho murakoze

ntabareshya jean pierre yanditse ku itariki ya: 20-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka