Kenya: Hashyizweho amabwiriza akomeye ajyanye no kwikingiza COVID-19

Mu gihugu cya Kenya, abaturage bategetswe ko bagomba kugaragaza icyemezo cy’uko bikingije covid-19, mu gihe bagiye kujya ahantu hahurira abantu benshi.

Hamwe mu ho abaturage basabwa kugaragaza icyemezo cy’uko bikingije, harimo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange cyangwa se abifuza kwaka serivisi mu nzego za Leta zitandukanye.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko bigaragaye ko umubare w’abandura covid-19 ukomeje kugenda wiyongera, kuko imibare igaragazwa n’inzego z’ubuzima yerekana ko abandura bavuye kuri 1% bakaba bageze kuri 30%.

Minisiteri y’Ubuzima yo muri iki gihugu ivuga ko abantu 3328 ku bihumbi 10200 bapimwe basanganywe covid-19 mu gihe cy’amasaha 24.

Mu ntangiriro z’ukwezi k’Ukuboza Kenya yari yatangaje ko igiye gukaza ingamba ku bantu batarikingiza, gusa urukiko mu Mujyi wa Nairobi ruza gutegeka ko izo ngamba zidakurikije amategeko, ubwo rwaregerwaga n’umucuruzi avuga ko zigamije guhatira abaturage gukora ibyo badashaka.

Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubuzima, Mwangangi Mwasi, ku wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021, yavuze ko ingamba ku bantu batarikingiza zitangira kubahirizwa guhera kuri uwo munsi.

Izo ngamba zitegeka ko abantu bose bagomba kugaragaza ko bakingiwe covid-19, kugira ngo bemererwe kwinjira ahantu hatandukanye harimo za Restaurant, Utubari, Amahoteri, Pariki hamwe no mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Inzego z’ubuzima za Kenya zivuga ko kuva Covid-19 yagera muri iki gihugu, abantu ibihumbi 270 bamaze kuyandura, iki gihugu kikaba kiyongereye ku bindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika bimaze iminsi bifata ingamba zikaze zo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka