Ingabo zo muri Afurika y’Iburasirazuba zirimo kuvura abaturage mu Rwanda ku buntu
Ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zigiye kumara icyumweru zifatanya n’Ingabo z’u Rwanda mu gikorwa cyo kuvura ku buntu Abanyarwanda mu Ntara y’Iburasirazuba aho abarenga ibihumbi bibiri (2000) bahabwa serivisi z’ubuvuzi ku buntu.

Iki gikorwa gihuza ingabo zo mu karere kibaye ku nshuro ya kabiri kikaba kizwi nka EAC CIMIC (Civili Military Cooperation) Medical Outreach. Gihuriwemo n’ingabo zaturutse mu bihugu bya Kenya, Sudani y’Epfo, Tanzania na Uganda zose ziri mu bitaro by’Uturere tune two mu Ntara y’Iburasirazuba.
Abaganga bo mu Ngabo za Kenya bari kwakira abarwayi mu bitaro by’Akarere ka Rwamagana, ab’Ingabo za Tanzania bakaba bari mu bitaro bya Gahini mu Karere ka Kayonza, ab’Ingabo za Sudani y’Epfo bari ku bitaro by’Akarere ka Nyagatare naho abaganga b’Ingabo za Uganda bakaba baherereye ku bitaro by’Akarere ka Bugesera biri mu Mujyi wa Nyamata hose zifatanya n’Ingabo zo mu bitaro bikuru bya gisirikari by’u Rwanda.

Biteganyijwe ko iki gikorwa kizasozwa hizihizwa Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 25 uzizihizwa tariki 04 Nyakanga 2019 mu Rwanda nk’uko byemejwe n’inama y’umuryango wa EAC ishinzwe ubutwererane yateranye tariki 06 Mata 2019 muri Tanzania.
Col Dr Jean Chrysostome Kagimbana ukuriye ibitaro bikuru bya gisirikari by’u Rwanda avuga ko aya ari amahirwe yo kugira ngo Ingabo zo mu karere zungurane ubumenyi butandukanye kandi zirusheho kwagura umubano.
Ahamagarira abaturage kugana aba baganga muri iki cyumweru ngo badacikanwa n’amahirwe kuko hari inzobere mu buvuzi butandukanye zibavurira ubuntu.

Mu Karere ka Rwamagana ahari ingabo za Kenya (KDF), Col Dr Justino Muinde avuga ko iki ari igikorwa kigenda kizenguruka mu karere hose nyuma y’uko umwaka ushize cyabereye muri Uganda, bityo kizakomereza n’ahandi mu mwaka utaha.
Mu karere ka Bugesera aho ingabo za Uganda zavuraga abaje ku bitaro bya Nyamata, Col Dr Joseph Asea waje aziyoboye yavuze ko igikorwa nk’iki kigamije kubaka ugushyira hamwe kw’ingabo zo mu karere kugira ngo intego z’Umuryango wa EAC zishobore kugerwaho.
Yongeraho ko biri kugenda neza mu buryo bwa kivandimwe kuko ngo biyumva nk’aho ari bamwe akanashimira igihugu cyabakiriye n’uburyo abarwayi bafashwa kubona serivisi baje gushaka.

Kuva muri Mata uyu mwaka, Ingabo z’u Rwanda zatangije ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda mu iterambere ry’abaturage kizwi nka ‘RDF Citizen Outreach Programme’ aho ingabo zikora ibikorwa bitandukanye bigamije iterambere ry’Abanyarwanda nk’uko zibisabwa n’itegeko.
Abarwayi bagera ku 137,900 ni bo biteganyijwe ko bazaba bamaze kuvurwa mu gihugu hose kugeza iki gikorwa gisoje.




Inkuru zijyanye na: kwibohora25
- MIFOTRA itangaje umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa gatanu
- Abanyarwanda twese twari tuboshye - Yolanda Mukagasana
- Kigali: Ibirori by’umunsi mukuru wo kwibohora byari bibereye ijisho (Amafoto + Video)
- Akababaro k’impunzi n’ikandamizwa ry’abari mu gihugu byabaye intandaro y’urugamba rwo kwibohora
- Kwibohora k’u Rwanda mu maso y’umunyabugeni
- Kwibohora25: Kigali Arena n’ ikibuga cya Cricket ku isonga mu bikorwa remezo bya siporo n’imyidagaduro
- Kwibohora25: Ibikorwa by’Ingabo byatumye Leta izigama arenga miliyari 12
- Ibitaramo ‘Inkotanyi ni Ubuzima’ bihura na gahunda yo Kwibohora 25- Bonhomme
- Perezida Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko hari ibice by’isi byaremewe gukena
- Kwibohora25: Perezida Kagame yatashye umudugudu wa Karama wuzuye utwaye miliyari 8Frw
- Col. Rugazora yasobanuriye urubyiruko ubutumwa bw’igitabo Perezida Kagame yasohoye
- Ubutumwa bwa bamwe mu bahanzi bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25
- Perezida Kagame yagarutse ku mateka y’Ingoro y’Inteko ishinga amategeko mu rugamba rwo kubohora u Rwanda (Video)
- Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora - Perezida Kagame
- Ndabashimira bana b’ u Rwanda mwabohoye urwa Gasabo
- #Kwibohora25 : Inzu ibitse amateka menshi y’urugamba mu isura nshya
- Gasabo: Kwibohora mu miturire n’uburezi birarangirana na 2019/2020
- Nyagatare: Uko Ishimwe watangiye kunywa urumogi yiga amashuri abanza, yatangiye ubuhinzi bw’umwuga
Ohereza igitekerezo
|
Turashima cyane iki gikorwa gikomeye kirimo gukorwa n’ingabo zacu kubufatanye n’ingabo za EAC muri rusange.Ingabo zikora ibintu byinshi bitandukanye harimo kurinda ubusugire bw’ibihugu byazo ndetse no kubungabunga ubuzima bw’abaturage.Twebwe nk’abaganga b’aba civiles turifuza ko aba baganga b’abasirikari bakomeza iyi gahunda,igahoraho tugafatikanya kuvura rubanda mu bihugu byacu.