Mu kiganiro twagiranye tariki 12/01/2012, Dr Uwiragiye yasobanuye ko amahenehene arimo intungamubiri nyinshi zishobora gutuma umuntu agarura vuba vuba intungamubiri yatakaje.
Asobanura ko amahenehene akunze gutuma umubiri w’umuntu ibyibuha mu gihe usanga umwana warwaye bwaki aba yarananutse. Abantu barwara bwaki ugasanga imibiri yabo yarabyimbye, iyo banyoye amahenehene umubiri wabo utangira kubyimbuka.
Ikinini kandi ntabwo kivura bwaki gusa kuko kivura n’igifu. Kivura indwara zitandukanye harimo no kuvura abana urwungano mpumekero (organe respiratoire), kigabanya ibinure byinshi mu mubiri.
Uretse kuba amahenehene akorwamo ibinini havamo n’ibindi bintu byinshi bitandukanye harimo za foromaje zikoze mu mavuta yakuwe muri ayo mahenehene, amavuta yo kwisiga, amahenenehene yo mu bikarito yo kunywa acuruzwa mu nganda ziyatunganya, ndetse mu bihugu byateye imbere bamaze kumenyera ko ushaka kunywa amahenehene ajyenda akayikamira.
Abantu benshi bakunze kurwara indwara ya bwaki kubera ikibazo cy’imirire mibi no kudasobanukirwa gutunganya indyo yuzuye kandi ifite intungamubiri zihagije.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|