Ibitaro bya Gisenyi bigiye kongererwa abaganga no kubakwa mu buryo bugezweho

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yatangaje ko ibitaro bya Gisenyi bigiye kongerewa umubare w’abaganga ndetse bikanubakwa mu buryo bugezweho.

Yabitangarije mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye kuri ibi bitaro, aganira n’abahakorera ndetse anareba ibibazo bihari kugira ngo bikemurwe mu rwego rwo guha ababagana serivise nziza kandi inoze.

Minisitiri Sabin Nsanzimana yakiriwe n'abayobozi
Minisitiri Sabin Nsanzimana yakiriwe n’abayobozi

Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko ikibazo yahasanze ari umubare muke w’abakozi muri serivise yita ku babyeyi babyara, ariko ko batangiye gukemura icyo kibazo kuko ubu Minisiteri y’Ubuzima yamaze kuhohereza ababyaza 11 muri iyi serivise.

Ati “Ikibazo gihari ni umubare muke w’abakozi, gusa byabaye mahire ko mu minsi mike hari abakozi 11 baje gukora muri serivisi yo kubyaza kuko Minisiteri y’Ubuzima yabibonaga ko bakenewe kongerwa, ariko n’ahandi batugaragarije ko hakiri abakozi bake turaza kureba uburyo tubongera ku buryo serivise yihuta”.

Ikindi Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ni uko hari umushinga wo kwimura ibitaro bya Gisenyi bikubakwa ahitwa mu Rugerero.

Minisitiri Dr. Sabin agirana ibiganiro n'abakora muri ibyo bitaro
Minisitiri Dr. Sabin agirana ibiganiro n’abakora muri ibyo bitaro

Ati “N’ibitaro bigomba kwimuka, umushinga wo kubyimura warateguwe kuko bizimukira ahitwa mu Rugerero kuko ubu tuvuye no kuhareba kugira ngo twihutishe iyo gahunda kuko ababyubaka bo bariteguye yaba igice cya Leta yaba abafatanyabikorwa ku buryo bizuzura mu gihe kitarenze imyaka ibiri”.

Nyiraneza Agnes ni umwe mu barwayi bivuriza kuri ibi bitaro. Avuga ko kongerera abaganga mu isuzumiro byarushaho kuba byiza kuko byafasha abarwayi kuvurirwa ku gihe.

Mu kurushaho kunoza akazi no gutanga serivisi nziza, Minisiteri y’Ubuzima yijeje kongerera ubushobozi n’ubumenyi abaganga iborohereza kujya kwiga ku nguzanyo.

Aha basobanurirga Minisitiri Nsanzimana ibyo bakora
Aha basobanurirga Minisitiri Nsanzimana ibyo bakora
Minisitiri Sabin Nsanzimana yasuye ibikorerwa muri ibi bitaro
Minisitiri Sabin Nsanzimana yasuye ibikorerwa muri ibi bitaro
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka