Ibihugu bikize byiyemeje gutanga Miliyari y’inkingo za Covid-19

Abayobozi b’ibihugu bikize bari mu nama ya G7 bavuga ko bagiye kugenera inkunga y’inkiko za Covid-19 ibihugu bikennye ingana na miliyari, bikazakorwa muri gahunda bise “gukingiza isi” igomba kurangira mu mpera za 2022.

Abitabiriye inama ya G7
Abitabiriye inama ya G7

Ni umwanzuro uzumvikanwaho mu nama y’iminsi itatu ihuje abayobozi b’ibihugu bikize bihuriye muri G7 iri kubera mu gihugu cy’u Bwongereza kuva tariki 11 Kamena 2021.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yakiriye inama ya G7 mu mujyi wa Cornwall, mu majyepfo y’u Bwongereza, aho azatangaza umugambi w’u Bwongereza wo gutanga inkingo zisaga miliyoni 100 mu mezi 12 ari imbere.

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, ku wa Kane yashyize ahagaragara icyemezo cyo kugura inkingo za Covid-19 miliyoni 500 zo mu bwoko bwa Pfizer zizahabwa ibihugu bikennye, harimo miliyoni 200 zizatangwa mu mwaka wa 2021 naho izindi zigatangwa mu mwaka wa 2022.

Biden yagize ati: "Ibi bijyanye n’inshingano zacu z’ubutabazi zo kurokora ubuzima bw’abantu benshi uko dushoboye".

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi na wo wijeje kuzatanga inkingo miliyoni 100 ku bihugu bya Afurika ndetse n’ibindi bihugu biri mu nzira y’amajyambere bitarenze uyu mwaka.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, tariki ya 10 Kamena 2021 yavugiye mu ngoro ya Elysée ko azasaba G7 gukuraho inzitizi kugira ngo urukingo rwihuse muri Afurika rugere ku kigero cya 40% ry’ikingira mu mpera z’uyu mwaka, no kuri 60% mu mpera z’igihembwe cya mbere umwaka utaha.

Inama ya G7 kuri iyi nshuro yibanze ku nkingo kuko ibihugu bigize G7 byerekana uburyo byashoboye guhangana na Covid-19.

Ibihugu byitabiriye inama ya G7 birimo; Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, Canada, u Bufaransa, u Budage, u Butaliyani n’u Buyapani bizaganira ku mihindagurikire y’ikirere, uburezi bw’abakobwa no kuzamuka k’ubukungu, ariko banaganire ku bihugu nk’u Bushinwa n’u Burusiya byatangiye kugurisha uburyo (formule) bwo gukora urukingo rwa Covid-19 ku bihugu bimwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka