Habonetse akuma gafasha gusiramura nta gisebe

Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwo gusiramura abagabo bwitwa “PrePex” nta gisebe kibonetse. Abaganga bazajya babukoresha ntibizabasaba amahugurwa ahanitse ngo bagire ubumenyi bwo kubukoresha.

Amakuru dukesha www.medicalnewstoday.com avuga ko ubu buryo buzakoreshwa muri gahunda yo gusiramura miliyoni ebyiri z’abagabo mu Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri.

Michel Sidibé, uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA, yabitangarije mu nama mpuzamhanga ku mugabane w’Afurika ya 16 yigaga kuri SIDA ibera muri Ethiopia.

Yagize ati: “Guhanga udushya nibyo bizadufasha kugera ku mubare wa miliyoni 20 mu mwaka wa 2015 w’abikatishije ku bushake. Aka kuma ka PrePex gafite ubushobozi bwo kwihutisha ikata ku bagabo, rikene wecyane muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.”

Guverinoma y’u Rwanda yarangije igikorwa cy’igerageza ry’aka kuma ryakorewe ku bakorerabushake 600.

Gusiramura abagabo byagaragaje ko bishobora kugabanya kugera ku kigero cya 60% amahiwe yo kwandura virusi itera SIDA ndetse na zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Hari abibaza aho icyi gikorwa gikorerwa za centre de sante zo muri kigali nyinshi zirabikora na cya kigo kirwanya sida barabikora hose ku buntu

Claude yanditse ku itariki ya: 9-06-2018  →  Musubize

ndashakakwisiramuza naganahehe

Asifiwebukuru yanditse ku itariki ya: 13-02-2018  →  Musubize

GUSIRAMUZA.IMPETA.HARAMAFARANGA.UTANGA.MUSOBANURIRE.MURAKOZE

BOSCO yanditse ku itariki ya: 26-10-2016  →  Musubize

amazina ni twesijye emmy ntura uganda mumugyi wa mbarara icyogikorwa cyarashimishije cyane icyonabazaga icyogikorwa muracyagikoresha (((icyogusiramuza akuma?? murakoze.

twesigye emmy yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

ku bijyanye no gusiramura abagabo ni byiza ariko hari abatazi aho basanga izo nzobere z’abaganga mujye mushyiraho adresse cg kuri buri bitaro barabikora? is it?

ALIAS yanditse ku itariki ya: 23-02-2015  →  Musubize

nibyiza kwisiramuza bituma umuntu agira isuku.

Dusabimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 4-02-2014  →  Musubize

UBWO BURYO TURABUSHIMYE CYANE RWOSE

NIHE BADUKORERA ICYO GIKORWA?
IBICIRO BIHAGAZE GUTE?

BIKORWA RYARI?

TURABICYENEYE CYANE RWOSE MUDUTABARE

THANKS

nshimiyimana janvier yanditse ku itariki ya: 19-05-2012  →  Musubize

Dukeneye kumenya igihe ubu buryo buzatangirizwa mu Rda ,naho abakeneye kwisiramuza ni benshi ;kdi na none abenshi batinya ububabare bugaragara nyuma ;dore ko banavuga ko iyo ugize ubushake ugifiteho igipfuko udakira vuba ,yewe ubu buryo nibutebuke .

Evariste yanditse ku itariki ya: 9-12-2011  →  Musubize

nibyiza rwose ndatekereza ko umubare wabisiramuza ugiye kwiyongera ahubwo se ubu birakorerwa hehe? ko hari benshi batubaza.

yanditse ku itariki ya: 8-12-2011  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka