Gukurwa ku kirwa bataboneragaho ubuvuzi babifashe nko kuvanwa i Buzimu

Abari batuye ku Kirwa cya Bushonga mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera bubakiwe umudugudu w’icyitegererezo urimo n’ivuriro.

Abimuwe ku kirwa cya Bushongo ntibazongera kubura aho bivuriza kuko bubakiwe ivuriro mu mudugudu
Abimuwe ku kirwa cya Bushongo ntibazongera kubura aho bivuriza kuko bubakiwe ivuriro mu mudugudu

Ku wa gatandatu tariki 30 Nzeli 2017, mu gikorwa cy’umuganda rusange aho mu Kagari ka Rurembo hatangijwe igikorwa cyo kubaka umudugudu w’icyitegererezo wa “Green Village”.

Uwo mudugudu ni wo uzatuzwamo imiryango 76 izakurwa ku Kirwa cya Bushonga kiri hagati mu kiyaga cya Burera.

Musabyimana Jullienne umwe mu batuye ku Kirwa cya Bushonga, avuga ko batari borohewe n’ubuzima kuko icyo bakenera gukora cyose kibasaba gutega ubwato.

Agira ati “Kujya kwa muganga byo n’ikibazo gikomeye kuko hari igihe umubyeyi afatwa ku mugoroba nka saa kumi n’imwe inda ikaba iramurembeje. Bamara kubona abahetsi bamugeza mu bwato, umubyeyi akabubyariramo, yagira Imana akabyara neza cyangwa tukanamujyana kwa muganga.”

Imiryango ine izajya isangira biyogaze n'ikigega cy'amazi
Imiryango ine izajya isangira biyogaze n’ikigega cy’amazi

Serusisiro Cyprien ufite imyaka 34, yavukiye kuri icyo kirwa aranahakurira. Avuga ko n’ubwo ubuzima bwaho bukomeye ariko kwivuza ari yo mbogamizi ya mbere bagiraga.

Ati “Habaga habaye ikibazo cyo guheka umurwayi urembye tugafata ubwato bwa moteri tumujyana aho ikigo nderabuzima kiri ku buryo byaduteraga impungenge kubera gutinda mu mazi washoboraga kugerayo umurwayi yarembye.”

Inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n'abaturage mu muganda wo gusoza ukwezi nk'ibisanzwe
Inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage mu muganda wo gusoza ukwezi nk’ibisanzwe

Uwambajemariya Frolance umuyobozi w’Akarere ka Burera, yavuze ko gahunda nyinshi zitageraga ku baturage,ubu bagiye kuzibona kuko bazaba batuye hamwe.

Ati “Hari umuhanda uhagera n’amashuri arimo muri uyu mudugudu. Ivuriro ririmo, harimo ibigega by’amazi meza, harimo gukoresha biyogaze, ibyo byose n’ibibafasha kugira ubuzima bwiza.”

Umuganda wakozwe hakorwa ubusitani hanaterwa ibiti by'imbuto hamwe n'ibindi bizafasha abaturage kwirinda isuri
Umuganda wakozwe hakorwa ubusitani hanaterwa ibiti by’imbuto hamwe n’ibindi bizafasha abaturage kwirinda isuri

Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba wifatanije n’abo baturage mu gikorwa cy’umuganda, yabasabye kurushaho kugira isuku mu byo bakora byose kuko ari isoko y’ubuzima.

Ati “Burya ufite umwanda ku mubiri navuga ngo no mu bwonko uba ufite umwanda, kuko umwanda uzana n’indwara z’impiswi kandi na ya mirire mibi tuvuga imyinshi iterwa n’umwanda n’ukuvuga ngo ufite umwanda nta kintu ugeraho mu buzima.”

Abazatuzwa muri uyu mudugudu bubakiwe n'ibiraro byaho bazororera inka zabo
Abazatuzwa muri uyu mudugudu bubakiwe n’ibiraro byaho bazororera inka zabo

Umudugudu w’icyitegererezo wa Green Village wubatsemo inzu 38 zubatse mu buryo bw’inzu ebyiri zifatanye. Wuzuye utwaye asaga miliyoni 544Frw yiyongeraho ayubakishije ibiraro, biyogazi n’ubwiherero.

Kugera kuri iki kirwa uca mu kiyaga gikikijwe n'utundi turwa duto twinshi
Kugera kuri iki kirwa uca mu kiyaga gikikijwe n’utundi turwa duto twinshi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka