Gakenke: Muri uyu mwaka bungutse ibigo nderabuzima bibiri bishya

Biteganyijwe ko uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 urangirana n’impera za Kamena, Ikigo Nderabuzima cya Muyongwe kizaba cyuzuye mu gihe Ikigo Nderabuzima cya Kamubuga cyo cyatangiye gukora.

Imirimo y’ubwubatsi y’Ikigo Nderabuzima cya Muyongwe giherereye mu Murenge wa Muyongwe igeze ku kigero cya 96% ku buryo habonetse ibikoresho byo kwa muganga mu gihe gito kiri imbere abaturage bashora kubona serivisi z’ubuvuzi nta kibazo.

Imirimo y'ubwubatsi y'Ikigo Nderabuzima cya Muyongwe igeze kuri 96%. (Foto: L. Nshimiyimana)
Imirimo y’ubwubatsi y’Ikigo Nderabuzima cya Muyongwe igeze kuri 96%. (Foto: L. Nshimiyimana)

Iki kigo cyije gikenewe cyane kuko abaturage batuye muri uwo murenge bakora urugendo rutari ruto bajya kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Rwankuba kibarizwa mu Murenge wa Rushashi bihana imbibi cyangwa bakajya mu Karere ka Rulindo.

Ku rundi ruhande, ikigo nderabuzima cya Kamubuga cyuzuye mu mwaka ushize ariko nticyabasha gutangira gukora kubera kubura ibikoresho byo kwa muganga ndetse n’abakozi. Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije n’Akarere bashatse ibikoresho none gitangiye gukora.

Ikigo Nderabuzima cya Kamubuga cyatinze gukora kubera ikibazo cy'ibikoresho n'abakozi bake. (Foto:L. Nshimiyimana)
Ikigo Nderabuzima cya Kamubuga cyatinze gukora kubera ikibazo cy’ibikoresho n’abakozi bake. (Foto:L. Nshimiyimana)

Mbere yo kwegerezwa iki ikigo nderabuzima, abaturage b’Umurenge wa Kamubuga nabo ntibari borohewe n’urugendo rwo kujya kwivuriza mu Karere ka Burera, hari hafi ugereranyije no ku Bitaro bya Nemba.

Ikindi, Ikigo Nderabuzima cya Janja cyari gishaje cyane cyaravuguwe bundi bushya ku nkunga y’Umushinga wa Medicus Mundi.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka