Umwe muri abo banyeshuri wiga kuri G.S. Kagogo, mu murenge wa Kagogo, avuga ko ikigo cyabo gituye kure y’ikigo nderabuzima cya Gitare nacyo giherereye muri uwo murenge. Kugerayo birabagora ku buryo nk’iyo imvura yaguye abahetse bashohora kugira impanuka bakanyerera bakagwa.
Agira ati “imvura iragwa ugasanga imihanda yuzuye ibyondo ku buryo mushobora kugira n’impanuka uwo muhetse mukaba mwamutura hasi”.
Undi munyeshuri nawe wiga muri muri G.S. Kagogo avuga ko iyo ari nijoro ho bibagora cyane. Kuko haba hatabona bituma batihuta kuburyo uwo bahetse ashobora kubaremberaho.
Iyo bahetse umunyeshuri urwaye mu ngobyi ya kinyarwanda bamujyanye kwa muganga bagenda ari itsinda rinini, kugira ngo abarushye baruhurwe n’abandi.
Bamwe mu banyeshuri bo mu karere ka Burera bavuga ko batanakwemera kujya mu ngobyi n’iyo baba barembye. Batinya ko ababahetse bashobora kubatura hasi.
Abo banyeshuri bavuga ko iyo babajije abayobozi b’ibigo byabo ku kibazo cyo guheka mu ngobyi, babasubiza ko nta bundi bushobozi bwo kugura imodoka itwara abarwayi bafite.
Norbert Niyizurugero
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Nonese ayo bari ha ajyahe ? birababaje. ubuyobozi bwose yaba ibigo byamashuri ntabwo bagombye gutegereza inkunga izava ibukuru tugomba kwishaka mo igisubizo.
Mteremko....