Uwo muryango usanzwe ufitanye amasezerano y’ubufatanye n’Akarere ka Bugesera, ako Karere n’ibitaro muri rusange bakaba bishimiye iyo nkunga bahawe by’umwihariko muri iki gihe cyo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Akamaro k’iyo modoka bagahera ku kuba muri iki gihe ibijyanye n’ingendo bitoroshye, bagasanga iyi mbangukiragutabara izafasha mu kugeza abarwayi kwa muganga. Ubuyobozi bw’Akarere kandi bwishimira ko ari umwe mu mihigo bubashije kugeraho.
Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Nyamata, Dr. Rutagengwa William, avuga ko iyi mbangukiragutabara ije mu gihe yari ikenewe kuko muri iki gihe abakora muri serivisi z’ubuzima basabwa kugira ibikoresho byinshi.
Yagize ati “Iki ni igihe gikomeye aho serivisi z’ubuzima zisabwa gukoranwa imbaraga n’ibikoresho byinshi. Buri munsi duhora dushaka abarwayi bakekwaho ubwandu bwa virusi ya corona, ndetse n’ahandi hantu harwariye umurwayi wo mu Bugesera, yaba agiye kwivuza cyangwa uwakize tujya kumufata tukamugeza iwe mu rugo, ku buryo hari abarwayi batindaga kubona serivisi bitewe n’uko ambulance twari dufite zahoraga zigenda.”
Ku ruhande rw’Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, Mayor Mutabazi Richard, yishimira ko uyu ari umwe mu mihigo besheje.
Yagize ati “Uyu munsi twesheje umuhigo kuko muri uyu mwaka wa 2019/2020 twari twahize kugira ambulance imwe yiyongera ku zindi dusanganywe. Ije ikenewe cyane mu Karere, ariko kandi izafasha ibitaro kugera ku bantu benshi muri iki gihe duhanganye no kurwanya COVID-19, bityo n’abarwayi biborohere kugera mu ngo zabo.”
Abatanze iyo nkunga na bo bavuga ko ari ikimenyetso cyiza gishimangira umubano mwiza ndetse n’ubufatanye hagati y’Akarere ka Bugesera na UNHRC, nk’uko umuyobozi wa UNHRC ishami rya Bugesera, Lim Gavin, yabisobanuye.
Iyo ambulance ifite agaciro ka miliyoni ziri hagati ya 70 na 75 z’amafaranga y’u Rwanda. Ije yiyongera ku zindi umunani ako karere kari gasanganywe, zifashishwa mu ngendo zikenerwamo cyane cyane hagati y’ibigo nderabuzima 15 byo muri ako karere n’ibitaro bimwe biri muri ako karere bya Nyamata.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
- #COVID19 : Abarwayi bashya 143 barimo 101 babonetse i Kigali
- U Bushinwa bwangiye itsinda rya OMS kwinjira mu gihugu gukora iperereza ku nkomoko ya Covid-19
- #COVID19 : Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 167, ntawakize
- Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batanu, haboneka abarwayi bashya 107
- Hari abari baraguze amatike bahawe amahirwe yo kugenda
- Mu batangiye ingendo kuri uyu wa Kabiri hari abasubizwa inyuma, abandi bakomeze
- Polisi iraburira abatwara abagenzi bava mu Karere bajya mu kandi bitemewe
- Guma mu Karere nidatanga igisubizo murumva ikizakurikiraho - Min. Busingye
- Minisitiri Mpunga yasobanuye impamvu yo guhagarika ubucuruzi saa kumi n’ebyiri n’ingendo hagati y’uturere
- Abarokotse Jenoside bageze mu zabukuru bifashisha Yoga mu kurwanya umuhangayiko wa COVID-19
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|