Umubyeyi w’abana batanu wivuriza kuri icyo kigo avuga ko icyo yaba arwaye cyose umuntu ufite mitiweli yivuza ku mafaranga 200.
Yagize ati “Njya numva hari ubwo bavuga ngo kwa kanaka ntibaratanga amafaranga ya mituweli nkumva ari ubuswa cyane no kudateganyiriza ibihe umuntu atazi.”
Uyu mubyeyi avuga ko nubwo kubona amafaranga y’umusanzu bishobora kutorohera buri wese, umuntu uwo ariwe wese utigiza nkana akwiye kujya ateganya mbere y’igihe umusanzu w’abo ashinzwe kuko ntawe umenya igihe indwara izira.
Umukecuru witwa Veronika we avuga ko nta gihe nk’iki kigeze kibaho aho Umunyarwanda agira igipande yivurizaho atanze amafaranga 200.
Avuga ko abana be bamutangira mitiweli nawe akishakamo 200 yo gutanga agiye kwa muganga. Agira ati “aya 200 ntawe utayabona yarwaye”.
Hatari Jean d’Amour
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|