Ayo magare banayahawe kugira ngo abafashe no zindi gahunda zitandukanye z’ubuzima, nk’uko byemezwa na Félicien Rwagasore, Umuhuzabikorwa w’ubuzima mu mushinga Millenium Villages watanze iyi nkunga, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/06/2012.
Yagize ati: “Kuborohereza ingendo ntibitangiye ubu, ahubwo amagare yari yaratanzwe na mbere ku ngo zitandukanye, abayahawe ubu bakaba ari abacikanywe”.
Umwe mu bahawe ayo magare witwa Caritas Nkundamariya, avuga ko kuba babonye uburyo bwo kuborohereza bizatuma akazi bashinzwe kihuta kurushaho. Ati: “Nakoraga nta nyoroshyangendo, ariko noneho ubwo nyibonye akazi kazihuta”.
Ikigo nderabuzima cya Mayange kimwe n’ibindi bigo nderabuzima gikorana n’abajyanama 140, barimo abo bita “Binomes”.
Muri bo hari abapima abana mu mikurire, abapima indwara bagatanga n’imiti, abaherekeza ababyeyi n’abafasha mu mibereho isanzwe y’abaturage.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|