Abahawe doze ya mbere y’urukingo rwa AstraZeneca bemerewe gufata iya kabiri ya Pfizer

Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kiratangaza ko umuntu waba yarahawe urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca ku nshuro ya mbere, bitari ngombwa ko ategereza urwo rukingo na none, ahubwo ku nshuro ya kabiri ashobora guhabwa Pfizer, kandi agakomeza kumererwa neza kuko byizweho.

Byatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana, mu kiganiro yahaye RBA kuri uyu wa Mbere tariki 9 Kanama 2021, akaba yakanguriraga ababa bararengeje iminsi yagenwe yo kwikingiza bwa kabiri, kwihutira kugenda bagakingirwa.

Dr Nsanzimana avuga ko kuba umuntu yakingirwa hakoreshejwe ubwoko bubiri bw’inkingo nta ngaruka byamugiraho, kuko ngo hari ubushakashatsi bwabikozeho.

Agira ati “Birashoboka ko ku nshuro ya mbere umuntu yahabwa urukingo rw’ubwoko runaka, ku nshuro ya kabiri agahabwa urundi. Ibyagaragajwe n’ubushakashatsi byashyizwe ahagaragara mu cyumweru gishize, byerekanye ko uwafashe urukingo rwa AstraZeneca ku nshuro ya kabiri yafata urwa Pfizer ntagire ikibazo, ahubwo bikaba byamuha ubudahangarwa bufatika”.

Ati “Ku zindi nkingo zavangwa, mbese urwo wabanza n’urwo wakurikizaho bizagenda bimenyekana, ariko kuri izo ebyiri ni ikintu gishya cyagaragaye mu bashakashatsi ndetse n’itsinda ribikurikirana hano mu Rwanda, twabiganiriyeho dusanga bishoboka byanatangira gukoreshwa hano”.

Mu Rwanda kugeza ku itariki 8 Kanama 2021, abantu bamaze gukingirwa Covid-19 byuzuye ni 622,695, intego Leta yihaye ikaba ari uko 60% by’Abanyarwanda bagomba kuzaba barakingiwe muri 2022, kandi ngo ikizere kirahari nk’uko Minisitiri w’Ubuzima yabitangaje.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

None se ubwo inking ebyiri zitandukanye zakorana zite mu mubiri.ibyo ni nko kubanguriza intama kw,ihene

Alias yanditse ku itariki ya: 26-10-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka