Abahanga mu by’imiti bahaye MINISANTE ibikoresho byo kwirinda Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko abashinzwe gukumira no kuvura icyorezo Covid-19 bakomeje kubona ibibafasha kwirinda kwandura, birimo ibyatanzwe n’Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti mu Rwanda (Rwanda National Pharmacy Council/RNPC).
- Abahagarariye Urugaga rw’abahanga mu by’imiti mu Rwanda bashyikirije MINISANTE ibikoresho byo kwirinda Covid-19
Iyi Minisiteri yagiye yakira inkunga y’ibikoresho byo kurwanya Covid-19 birimo ibyatanzwe n’Umuryango w’Abibumbye, Leta y’u Bushinwa n’umwe mu baturage babwo, umuherwe Jack Ma, ndetse n’ibyatanzwe n’ibihugu bya Qatar na Koreya y’Epfo.
Hiyongeraho amafaranga arenga miliyari 150 u Rwanda rwagiye ruhabwa n’ibihugu, imiryango mpuzamahanga hamwe n’ikorera mu Rwanda ndetse n’ibigo bitandukanye birimo iby’itumanaho, amabanki n’ibigo by’ubwishingizi.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti mu Rwanda (RNPC) ruvuga ko abarugize bishatsemo amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 10, biyemeza kugurira bagenzi babo bakora mu by’ubuzima imiti isukura intoki (hand sanitizer) hamwe n’udupfukamunwa.
Umuyobozi w’uru rugaga, Dr Innocent Hahirwa, agira ati “Dutanze amacupa manini y’imiti ikoreshwa mu gusukura intoki(sanitizer) arenga 1,500 ndetse n’udupfukamunwa turenga 10,000, bishobora kugira icyo byunganira muri uru rugamba rutoroshye rwo kurwanya Covid-19”.
Ati “Mu bindi bihugu aho iki cyorezo cyashegeshe twumva ko abakora mu by’ubuzima benshi bagiye bibasirwa cyane, ku buryo hari n’aho wumvaga nka 15% byabo barwaye”.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi n’ubuzima rusange muri MINISANTE, Dr Zuberi Muvunyi na we ashimangira ko ibyago byo kwandura Covid-19 abakora mu by’ubuvuzi baba bafite, bituma hakenerwa ibikoresho by’ubwirinzi bihagije.
- Umuyobozi wa RNPC, Dr Innocent Hahirwa ashyikiriza imiti n’udupfukamunwa Dr Muvunyi wa MINISANTE
Dr Muvunyi yagize ati “Dufite ibikoresho bihagije ariko umunsi ku wundi tugenda tubikoresha, bisobanura ko ibyo dufite bigenda bigabanuka, ibi rero ni ibidufasha gukomeza kugira ububiko buhagije bwo guhangana n’icyorezo”.
Yongeyeho ati “Abaganga cyane cyane ba bandi bahura n’abarwayi ba Covid-19, bari mu bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura icyo cyorezo, bagomba kurushaho kwirinda, ni yo mpamvu ibikoresho nk’ibi bidufasha”.
Urugaga rw’abahanga mu by’imiti ruvuga ko rukirimo kwishakamo ubushobozi bwabafasha gukorera mu Rwanda imiti n’ibikoresho byo kurwanya Covidi-19 ndetse n’izindi ndwara muri rusange, kugira ngo bizibe icyuho cy’ibitumizwa hanze bigera mu gihugu bihenze.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
- Mu Rwanda abantu 210 bakize Covid-19, babiri irabahitana
- Minisitiri Shyaka yasabye insengero gufungura zizirikana no kwigisha kwirinda COVID-19
- Dore impamvu abakingirwa Covid-19 bazakomeza kwambara udupfukamunwa
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize kuri COVID-19
- Mu Rwanda abantu 119 babasanzemo COVID-19, abakize ni 245
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|