Bugarama: Abaturage barakangurirwa kwirinda korera yadutse muri Congo

Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi cyane cyane abaturiye umupaka wa Kamanyura uhana imbibe n’uwo murenge barakangurirwa kugira isuku n’isukura mu rwego rwo gukumira icyorezo cy’indwara ya korera yagaragaye mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.

Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Rusizi, Ndamuzeye Emmanuel, yatangarije abaturage ububi bwa korera avuga ko hari impungenge z’uko yakwambuka umupaka kubera urujya n’uruza rwabaturage baba bambukiranya umupaka isaha ku yindi.

Ku mupaka wa Kamanyura na Bugarama hambuka nibura abaturage bari hagati ya 1500 kugera ku 2000 ku mpande z’ibihugu byombi.

Ku mupaka wa Kamanyura na Bugarama hanyura abaturage bagera ku 2000 buri munsi.
Ku mupaka wa Kamanyura na Bugarama hanyura abaturage bagera ku 2000 buri munsi.

Abanyekongo bajya i Bukavu bakoresha umuhanda wo mu Rwanda mu gihe uw’iwabo utaratungana naho abandi ni Abanyarwanda bakunze kujya guhinga muri Kongo kimwe n’abajya gucuruza mu rwego rwo gushakisha imibereho.

Abaturage basabwe gufata ingamba zatuma birinda icyo cyorezo zirimo kugira isuku ihagije dore ko indwara ya korera ahanini iterwa n’umwanda.

Hashize igihe gito hamenyekanye amakuru ko hari abarwayi 20 bamaze gufatwa na korera bakaba bari mu bitaro byitwa St Joseph byo muri Congo hafi y’umurenge wa Bugarama.

Imodoka zikura Abanyekongo iwabo zishobora kwambutsa Korera.
Imodoka zikura Abanyekongo iwabo zishobora kwambutsa Korera.

Abaturage basabwe kubyutsa gahunda ya kandagira ukarabe mu ngo zabo aho buri wese agomba kuzirikana ko agomba gukaraba n’isabune avuye mu musarani cyangwa mu gihe agiye kurya kandi babujijwe gusuhuzanya bahujije ibiganza.

Ikindi ni ugukoresha amazi meza, kwirinda kurya ibiryo bitogeje nk’imbuto zicuruzwa mu masoko byaba ngombwa bakanazireka kugeza aho icyo cyorezo kirangiriye mu baturanyi babo ba Congo.

Zimwe mu mpungenge aba baturage bagaragaje zatuma bafatwa na korera hari kuba badafite amazi meza kuko bavuga ko ahari afitwe n’abishoboye naho abafite amikoro make ngo baracyakoresha umugezi wa Rusizi, Rubyiro n’iyindi migezi baturiye.

Babujijwe kurya imbuko zitogeje.
Babujijwe kurya imbuko zitogeje.

Umuyobozi w’umurenge wa Bugarama, Egide Gatera, yijeje abaturage ko amazi meza ari hafi ari make abasaba gukoresha ayo bafite kugira ngo icyo cyorezo gicike kitari cyabageraho.

Abaturage nabo ariko ngo bahagurukiye kuyikumira kuko hari ibyo nabo bagiye kongeramo ingufu harimo kwirinda kwituma ku gasozi, kugira imisarani no gukaraba buri gihe bahuye n’imyanda.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

mwiriwe nanjye nduwa bugarama ndabatashya kandi no kubashimira mu nama nziza mutugira.
ngaho mukomeze imirimo yanyu ntagucika intege turi kumwe muri byose twungurana ibitekerezo

sandra yanditse ku itariki ya: 19-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka