Virusi ya Corona yo mu Buhinde ntiragera mu Rwanda - Prof. Mutesa

Umushakashatsi akaba n’umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Leon Mutesa, avuga ko mu Rwanda nta bwandu bushya bwa Covid-19 yagaragaye mu Buhinde burahagera, uretse ubwo muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza.

Prof. Leon Mutesa
Prof. Leon Mutesa

Yabitangaje ku wa Gatandatu tariki ya 12 Kamena 2021, mu kiganiro cyateguwe na RBC cyahuje abashakashatsi ndetse n’abandi bantu bifuza kumenya byinshi kuri Covid-19.

Prof. Mutesa avuga ko Virusi ishobora kwihindura inshuro zirenze 4,000 kugera ku 5,000 mu gihe kitarenze amezi atatu cyangwa ane, na Covid-19 ariko imeze.

Avuga ko virusi ziba mu bwoko butandukanye ubwa DNA na RNA, Covid-19 ikaba iri mu bwoko bwa RNA (uturemangingo ngengasano) tugenda twibyara tugatanga ubundi bwoko bwa virusi.

Avuga ko izo virusi zishobora kuza ari ubwoko bufite ubukana n’ubutabufite uretse ko ngo kenshi haza izifite ubwoko budafite ubukana.

Prof. Mutesa avuga ko ku isi hamaze kuboneka ubwoko burenga 9,000 bwa Covid-19 bumaze kwihindura (Guhindura isura) ariko muri bwo hakaba hari ubwoko bune ari bwo ubwaturutse mu Bwongereza, Brezil, Ubuhinde na Afurika y’Epfo.

Avuga ko ubwo bwoko bwa Covid ari bwo burimo kugaragara cyane kurusha ubwakomotse mu Bushinwa.

Ati “Ntabwo ubwo bwoko bukigaragara ku isi ndetse na hano mu Rwanda natwe twakoze ubushakashatsi bwimbitse muri twa turemangingo ngengasano ku bipimo 331 ku bantu baturutse hanze mu bice birangwamo izo virusi, twasanze abantu 31 bafite ubwoko bubiri butandukanye, ubwoko bwo mu Bwongereza bita Alpha n’ubwo muri Afurika y’Epfo bita Beta”.

Uwo mushakashatsi avuga ko benshi bayisanzwemo bakigera ku kibuga cy’indege bashyirwa mu kato baravurwa barakira ku buryo batageze mu bandi bantu.

Yongeraho ko batangiye no kureba mu bantu basanzwe mu Rwanda, ariko ngo mu bapimwe bavuye hanze nta virusi y’ubwoko bwaturutse mu Buhinde iragaragara.

Ikindi ngo izo virusi nshya zihuriyeho ni uko zandura vuba kandi zigafata abantu benshi mu gihe gito.

Ikindi ngo zihuriraho ni uko zizahaza abantu basanzwe badafite ubudahangarwa bukomeye kurusha iyari isanzwe yakomotse mu Bushinwa.

Dr. Aimee Geissler avuga ko ibihugu byo mu karere bifite ubwoko bwa virusi yo mu Buhinde ari Kenya na Uganda ariko bukaba bwiganje cyane muri Uganda.

Yashimye ko u Rwanda rwashyizeho ingamba zikomeye zigamije kurinda abantu ubwandu, bapima abakigera ku kibuga cy’indege, kubasanga ahahurira benshi ndetse no mu miryango.

Avuga ko abantu bakwiye gukomeza ingamba zo kwirinda nko gukaraba intoki, guhana intera no kwambara agapfukamunwa haba ku wakingiwe n’utarabona urukingo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka